Iki gitaramo gisanzwe cyitabirwa n’abiganjemo urubyiruko rwifuza gusubiza amaso inyuma rukibuka ibihe byahise, ndetse n’abakuru baba bashaka kongera gusabana bibuka ubuzima babayemo mu myaka yo hambere.
Mu bitabiriye iki gitaramo harimo Clapton Kibonge, Muyoboke Alex wari wambaye imyambaro ya kera ndetse afite n’inkono y’itabi, na Coach Gael wari wiyise ‘Coach Marley’.
Coach Gael yari yambaye imyenda ifite amabara akunze kuranga ibendera rya Jamaica, yambaye n’umusatsi w’Aba-Rasta ndetse n’ipantaro ya ‘Mukotanyi’.
Iki gitaramo cyari cyatumiwemo umuhanzi Wyre wo muri Kenya, wamamaye cyane mu Rwanda binyuze mu ndirimbo ‘Nakutaka’ yakoranye na Miss Shanel.
Nubwo Wyre azwi kandi mu zindi ndirimbo zirimo ‘Nakupenda Pia’, ‘She Said That’ n’izindi zakunzwe mu myaka yashize, ntiyabashije gushimisha no kuzamura ibyishimo by’abari bitabiriye iki gitaramo nk’uko byari byitezwe. Igitaramo cyayobowe na Lucky Nzeyimana.
Mu bandi batanze ibyishimo muri iki gitaramo, gisigaye kiba kabiri mu mwaka harimo DJ Fresh Freddie, DJ Infinity, DJ RY na DJ Nano.
Amafoto: Mukayiranga Esther Yassip



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!