Ni filime ishingiye ku nkuru y’umukobwa w’imyaka 20 y’amavuko uba witwa Gina Rurangwa (Kayonga Tessy) akaba anakomoka mu muryango w’umuyobozi ukomeye John Rurangwa.
Gina aba yarajyanye ku ishuri inzozi zo gukora umuziki akaba icyamamare ariko nanone akagorwa no kuba yaragenderaga ku mategeko n’amabwiriza y’umuryango we wamurereraga ku gitsure.
Akigera ku ishuri, Gina ahahurira n’umusore w’imyaka 21 witwa Jeremy na we wari wajyanyeyo inzozi zo kuba utunganya umuziki ukomeye ariko akagongwa no kuba adafite ibikoresho byo gutunganya indirimbo.
Uyu musore n’uyu mukobwa bari bahuje inzozi mu muziki, bakunze kugendana ndetse birangira binjiye mu rukundo.
Uretse iyi nkuru, iyi filime irimo n’izindi zirimo iy’undi musore uba witwa Jamal na we wiga mu mwaka wa mbere yigana na Gina ariko we akaba icyamamare nk’umuhanzi ufite indirimbo ikunzwe.
Ni umusore abakobwa bose baba bakunda, ariko ntakurure Gina, icyakora umunsi umwe baza guhura baraganira birangira bubatse umubano wabo.
Ni inkuru ziyongeramo iya Irakoze Eliane ukina yitwa Martina, umukobwa w’imyaka 28 uba yarigeze kuryamana na Jamal ariko atazi ko uyu musore ari umunyeshuri muri iyo kaminuza.
Ku rundi ruhande Martina aba afite umusore wamwambitse impeta ariko yarabihishe Jamal bari batangiye gukundana, undi igihe yabivumburiye bahita batangira kugirana ibibazo.
Hope ni irindi zina ry’umukinnyi muri iyi filime iri rikaba ryarahawe uwitwa Mutoni Saranda uyu amara igihe akina abana na Gina mu cyumba kimwe.
Gina aba yarabanye na Hope azi ko ari mubyara we nyamara undi we yari azi ukuri ko ari umuvandimwe we bahuje se.
Iyi filime y’uruhererekane yubakiye ku nkuru y’aba banyeshuri biganaga bahuriye ku nzozi zo gukora umuziki ariko buri umwe afite imbogamizi ze.
Ni filime yanditswe inayoborwa na Yves Mizero mu gihe Zacu Entertainment ari yo yayishoyemo amafaranga ikazajya inatambuka kuri Zacu TV.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!