00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mukase wa Diamond amaze hafi imyaka 10 afungiye muri Hong Kong

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 11 May 2026 saa 11:41
Yasuwe :

Umubyeyi w’umuhanzi Queen Darleen uzwi cyane mu muziki wa Tanzania no mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba akaba mushiki wa Diamond bahuje se, amaze imyaka hafi 10 afungiwe muri Hong Kong mu Bushinwa, akekwaho ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge.

Queen Darleen niwe wemeje aya makuru mu kiganiro na Wasafi TV mu mpera z’iki cyumweru. Yagarutse ku buzima bugoye yanyuzemo kuva umubyeyi we yatabwa muri yombi, yongeraho ko ari ibintu byamusigiye igikomere mu buzima bwe.

Uyu muhanzika yavuze ko umubyeyi we yafashwe mu 2017, afatirwa ku Kibuga cy’Indege cya Hong Kong, nyuma yo gukekwaho gutwara ibiyobyabwenge. Kuva icyo gihe kugeza ubu, aracyafungiye muri aka gace.

Queen Darleen yavuze ko icyo kibazo cyagize ingaruka zikomeye ku muryango wabo, cyane cyane ku bana basigaye mu rugo badafite umubyeyi ubakurikirana umunsi ku wundi.

Uyu mukobwa yavuze ko hari igihe byamusabye guhagarika ibikorwa bye by’umuziki kugira ngo yite ku nshingano z’umuryango, ndetse anagerageze gushaka uburyo yafasha umubyeyi we uri mu buroko kure yabo.

Queen Darleen yavuze kandi ko nubwo imyaka ishize ari myinshi, ataracika intege zo kwizera ko umubyeyi we ashobora kuzagaruka mu rugo umunsi umwe.

Queen Darleen niwe wahishuye ko umubyeyi we agiye kumara imyaka 30 afungiye muri Hong Kong

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages