Bigaragaza amateka y’urugamba rwo kubohora igihugu no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi, kuva mu buhungiro kugeza igihugu kibohowe n’Ingabo zazari iza FPR Inkotanyi.
Hagaragazwamo n’aho igihugu kigeze uyu munsi kiyubaka niho inganzo ya King Ngabo yaganishaga. Nubwo ari we wagize igitekerezo cyo gukora ibi bihangano, yafatanyije n’abandi basore bane biga mu ishuri ry’ubuhanzi n’ubugeni ku Nyundo.
Mu kiganiro na IGIHE, Ngabo yavuze ko yatekereje gukora ibi bihangano kuko yari amaze kumenya neza amateka y’u Rwanda nk’umuhanzi atekereza icyo yakora.
Yagize igitekerezo cyo gukora ibihangano bisobanura urugamba rwo Kwibohora no guhagarika Jenoside kongera kwiyubaka.
Muri Mata 2022 nibwo aba basore batangiye gukora ibihangano byabo.
Yakomeje ati "Nubu sindakira ko bampaye icyumba, naje hano nje gusaba ko bampa umwanya wo kumurikiramo ibihangano twari twakoze, ndashimira ubuyobozi bw’iyi ngoro bwahise bubona ko bwampa icyumba cyihariye."
Ahamya ko ku myaka 26 afite, ari amahirwe adasanzwe kuba ari umwe mu banyabugeni bakoze ibihangano bigashyirwa mu Ngoro ndangamateka.
Ati "Si benshi bagize amahirwe yo kuba mu Ngoro ndangamateka, si ukubyirata ariko ni agahigo ku munyabugeni, gusa mpaye icyubahiro buri munyabugeni wese."
Gukora ibi bihangano byamutwaye arenga miliyoni 7Frw. Afite icyizere ko azamugarukira kuko guhabwa icyumba byonyine mu Ngoro ndangamateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside, ari iby’agaciro atabonera ikiguzi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!