00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

The Ben yibukije Bruce Melodie inkuru zo kwibagisha inda, gukoresha ibiyobyabwenge n’ibindi

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 27 December 2025 saa 02:34
Yasuwe :

Mu mashusho y’indirimbo ye nshya yise ‘Indabo zanjye’, The Ben yibasiye Bruce Melodie yifashishije amwe mu makuru yagiye amuvugwaho mu bihe bitandukanye, harimo ko yibagishije inda, maze agaragaza umugabo ubyibushye uri kubagwa kwa muganga.

Bimwe mu bigaragara mu mashusho y’iyi ndirimbo, igitangira berekana umugabo ubyibushye yagiye kwa muganga kwibagisha inda, bihuzwa n’ibyavuzwe kuri Bruce Melodie mu minsi yashize ko yaba yaribagishije inda.

Ahandi agaragaza wa mugabo mu isura y’uri kunywa Cocaine, ibintu bihuzwa n’amakuru amaze iminsi avuga ko Bruce Melodie yaba asigaye akoresha ibiyobyabwenge nubwo aherutse kubihakana.

Hari ahandi wa mugabo muri aya mashusho bari kugereranya na Bruce Melodie, agaragara agiye ku kibuga cy’indege acigatiye indabo mu ntoki, ibifatwa nk’ibyabaye kuri uyu muhanzi mu myaka ishize ubwo yari agiye kwakira Kizz Daniel amushyiriye indabo bikarangira atazimuhaye.

Ikindi kigaragara muri iyi ndirimbo ni wa musore ugereranywa na Bruce Melodie ugaragara agiye kureba The Ben yambaye inkweto zishaje izo bamwe bita ibinyusi, abashinzwe umutekano banga ko yinjira, nyuma yo kumuha inkwero nshya bakaramureka.

Nyuma yo kumureka akinjira asanga The Ben ari gukina Play Station, undi arategereza akaruha kugeza ubwo yikubuye agasohoka.

Ni inkuru igereranywa n’iyavuzwe ko Bruce Melodie yagiye gukorana indirimbo na The Ben agaterwa umujinya n’uburyo yasanze amusanze ari gukina ‘Playstation’ kugeza ubwo yikubuye agataha.

Aba bahanzi bakomeje gucyocyorana mu gihe bategerejwe mu gitaramo kizabahuriza hamwe muri BK Arena tariki 1 Mutarama 2026 cyiswe "The New Year Groove".


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages