Nubwo iki gitaramo cyabereye hanze gato y’umujyi rwagati wa Kigali, ntibyabujije abantu benshi, cyane cyane urubyiruko, kuhahurira bagamije kwishimana no gususurutswa n’umuziki.
Uretse urubyiniro runini rwari rwubatse mu buryo bugezweho ndetse n’imitako yari irimbishije ahabereye igitaramo, kimwe mu byagaragaye cyane ni ubwitabire budasanzwe bw’abakunzi b’umuziki bari bakitabiriye.
Bivugwa ko nibura abantu barenga ibihumbi 10 baguze amatike yo kwitabira iki gitaramo cyabereye i Gahanga.
Iki gitaramo cyatangiye hakiri kare kuko guhera Saa Munani z’amanywa, abantu ba mbere bari batangiye kwinjira, banasusurutswa n’umuziki wavangwaga na Vega Drift. Nyuma ye hakurikiyeho aba-DJ barimo DJ Pyfo na Selector Jay.
Nyuma yabo, DJ Inno na Fem DJ bakomeje gususurutsa abakunzi b’umuziki, maze uko bwiriraga bwira n’ibyishimo bikomeza kwiyongera.
Hakurikiyemo Joxxy Parker, wasusurukije abari bitabiriye iki gitaramo ku rwego rwo hejuru mbere yo gusiga urubyiniro DJ Marnaud na DJ Dash.
Ahagana Saa Sita z’ijoro, DJ Spinny yageze ahabereye igitaramo ahita azamuka ku rubyiniro, asangaho itsinda ry’abacuranzi be. Yahuje kuvanga imiziki n’umuziki ucurangwa mu buryo bwa Live, ibintu byashimishije benshi mu bari bitabiriye.
Nyuma y’isaha n’igice asusurutsa abakunzi be, ku rubyiniro hahise hajya Kabza De Small, wari umuhanzi mukuru w’umunsi.
Kabza De Small yacuranze wenyine mu gihe cy’isaha imwe, mbere yo kongera kwakira DJ Spinny, bafatanya gususurutsa abari bitabiriye mu minota 45. Nyuma basoje igitaramo basiga Vega Drift ku rubyiniro, wakomeje kuvanga imiziki mu gihe abantu batangiraga gutaha.
Iki gitaramo byitezwe ko kigomba gukomeza ku wa 19 Nyakanga 2026 aho abitabiriye icy’umunsi wa mbere bemererwa kwinjira ku munsi wa kabiri nta kindi kiguzi basabwe.
Uretse kurebana umukino wa nyuma w’igikombe cy’Isi abitabira iki gitaramo baraza gususurutswa n’abarimo The Ben, Mike Kayihura na Elijah Kitaka bo muri Uganda.
Amafoto: Cyubahiro Key & Isaac Munyemana



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!