Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Mr. Kagame yasangije abamukurikira amashusho ari kumwe na Kwizera Olivier, bahuriye aho bari basohokeye mu ijoro ryo ku wa 25 Kamena 2026.
Mu kiganiro na IGIHE, Mr. Kagame yavuze ko indirimbo yakoranye na Kwizera Olivier na Benzo ari ’Boutique’, ariko nyuma aza gufata icyemezo cyo kuyisohora wenyine.
Ati "Sinibuka neza uko byagenze, ariko ndakeka ko byatewe n’uko atabonekaga kuko yari ahugiye mu bikorwa byo gukina umupira. Ni yo mpamvu numvise ko namukuyemo nkayisohora njyenyine. Nyuma yakomeje urugendo rwe mu mupira w’amaguru kandi ndamwemera, ni umuzamu mwiza."
Mr. Kagame ni umwe mu bahanzi bamaze kubaka izina rikomeye mu muziki nyarwanda, aho yamenyekanye binyuze mu ndirimbo zitandukanye zirimo ’Amadeni’, ’Ntiza’ n’izindi nyinshi. Aherutse no gushyira hanze indirimbo nshya yise ’Bive’.
Uretse kuba ari umuririmbyi, Mr. Kagame azwi kandi nk’umwanditsi w’indirimbo, aho yagiye agira uruhare mu kwandika nyinshi mu ndirimbo zakunzwe n’abakunzi b’umuziki nyarwanda.
Yanakoranye n’abahanzi batandukanye bo mu Rwanda no hanze yarwo, ibintu byamufashije kwagura ibikorwa bye.
Kuri ubu abarizwa muri Black Market Records, inzu itunganya ikanamamaza umuziki mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!