00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mr. Kagame yatashye mu Rwanda nyuma y’amezi arindwi

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 31 August 2025 saa 10:10
Yasuwe :

Umuhanzi Mr. Kagame wari umaze amezi arindwi ari mu bikorwa by’umuziki muri Uganda na Kenya, yatashye i Kigali yitwaje impamba ya album ebyiri yakoreye muri ibyo bihugu.

Uyu musore yavuze ko muri ibi bihugu yaharangirije izi ndirimbo ze kugeza ubu avuga ko kumenya umubare bigoye kubera uko ari nyinshi, gusa icyo azi akaba ari uko zigeze kuri album ebyiri kandi zose igisigaye ari ukuzikoraho imirimo ya nyuma.

Yabwiye IGIHE ko muri urwo rugendo ari naho yaje kugirana ibiganiro n’ubuyobozi bwa ‘Black Market Records (BMR)’ yamaze gusinyamo amasezerano yo kumufasha mu bikorwa bye bya muzika.

Ati “Narangije Album zanjye ebyiri, igisigaye ni ukumenya igihe tuzemeranya n’abajyanama banjye tukamenya izasohoka mbere gusa zose zirahari kandi igisigaye kuzikoraho ni imirimo ya nyuma tujonjoramo indirimbo nziza kurusha izindi, gusa album imwe imaze no gukorerwa amashusho.”

“Abafana bari barambuze ariko nari ndimo ntegurira umuziki wanjye inzira yo kwaguka nkatangira kugira abafana hanze y’igihugu cyane cyane muri Kenya, kuko bafite ukuntu bamaze kuturengaho mu bijyanye no kumenyekanisha abahanzi ikindi kandi bakaba bafite umubare w’abaturage baturuta.’’

Mr Kagame yavuze ko muri izi album ze hazumvikana abahanzi bakomeye bo muri Kenya, Tanzania, Uganda na Nigeria. Gusa ntabwo yigeze abavuga amazina.

Album imwe yayikoreye muri Kenya, indi yayikoreye muri Uganda ari naho yafatiye amashusho y’indirimbo zimwe.

Kuri izi album kandi Mr. Kagame yiyemeje gukorana na Producer MokVybz uri mu bakizamuka, cyane ko yashakaga ko batangirana urugendo rwo kumenya uko hanze y’u Rwanda biba bimeze.

MokVybz yanakoreye indirimbo abahanzi bakomeye barimo Mbuzi na Watendawili, ndetse ni nawe wakoze amashusho y’indirimbo nshya ya Mr Kagame.

Nyuma yo gusubira mu Rwanda, Mr Kagame ari kwitegura kurangiza indirimbo ye nshya yise “Inamana” izajya hanze tariki 12 Nzeri 2025.

Reba indirimbo Mr. Kagame aheruka gushyira hanze

Mr Kagame ni umwe mu bahanzi bamaze igihe kinini bakora umuziki mu Rwanda
Mr. Kagame yamaze kubona abamufasha mu muziki
Hano Mr. Kagame yari ari kumwe na Heavy Cane baheruka gukorana indirimbo
Producer Mok Vybz umaze iminsi akorana bya hafi na Mr. Kagame

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages