00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Miss Tumukunde ukomoka mu Rwanda mu bahataniye kuyobora abanyeshuri bo muri Kaminuza ya Makerere

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 17 March 2026 saa 07:25
Yasuwe :

Hannah Karema Tumukunde wegukanye ikamba rya Nyampinga wa Uganda mu 2023, ari kwiyamamariza kuyobora umuryango w’abanyeshuri biga muri Kaminuza ya Makerere aho asanzwe yiga.

Uyu mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda yagaragaje ko yishimiye kuba umwe mu bahataniye kuyobora abanyeshuri bagenzi be.

Hannah Karema Tumukunde yavukiye ahitwa Nakaseke abanza kwiga muri Seroma Christian High School no muri Hana International School mbere y’uko atangira amasomo muri Kaminuza ya Makerere.

Nyuma yo kwambikwa ikamba, Hannah Karema Tumukunde byakunze kuvugwa ko ari Umunyarwandakazi, ndetse nyuma yaciye impaka ahishura ko ari Umunya-Uganda ukomoka ku mubyeyi umwe w’Umunyarwandakazi n’undi w’Umunyankole.

Mu kiganiro yigeze kugirana na MC Kats ubwo yari amaze iminsi mike atowe, yabajijwe ku byari byatangajwe na bamwe ko yahawe ikamba rya Miss Uganda kandi atari Umunya-Uganda.

Mu gusubiza, yavuze ko “Njye ndi Umunya-Uganda wavukiye muri Uganda ariko uvuka ku mubyeyi umwe w’Umunyarwandakazi n’undi ukomoka muri Ankole ho muri Uganda.”

Miss Hannah Karema Tumukunde ari kwiyamamariza kuyobora umuryango w’abanyeshuri muri Kaminuza ya Makerere

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages