00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Miss Nishimwe Naomie n’umukunzi we bari kurira ubuzima muri Zanzibar

Yanditswe na Daniel Havugarurema
Kuya 7 January 2024 saa 03:31
Yasuwe :

Nyampinga w’u Rwanda 2020, Nishimwe Naomie n’umukunzi we Michael Tesfaye ukomoka muri Ethiopia, bari mu biruhuko mu Birwa bya Zanzibar muri Tanzania.

Bagiye mu biruhuko nyuma y’iminsi uyu musore yambitse impeta y’isezerano umukunzi we, amusaba kumubera umugore, undi arabyemera.

Mu mafoto basangije ababakurikira, baragaragaye bafite akanyamuneza aho basohokeye ku mazi ndetse bari no gusangira amafunguro atandukanye.

Rwiyemezamirimo Tesfaye yambitse impeta Miss Nishimwe Naomie, nyuma y’umwaka urenga bamaze bari mu rukundo aho badasiba kugaragariza ababakurikira ku mbuga nkoranyambaga ko bameranye neza.

Michael w’imyaka 29 nyuma yo kwemererwa urukundo na Miss Naomie w’imyaka 25, yahise yemera gutura burundu mu Rwanda, atangiza imishinga itandukanye irimo uwo gufasha abantu kwivuza indwara zo mu mutwe hakoreshejwe ikoranabuhanga.

Kuva bakundana aba bombi bamaze gutembera mu bihugu birimo Gabon, Ethiopia, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, u Bushinwa n’ibindi.

Ku Birwa bya Zanzibar, Tesfaye na Naomie ni ho bagiye kuryohereza nyuma yo kwambika impeta uyu mukobwa
Tariki ya 1 Mutarama 2024 ni bwo Tesfaye Michael yambitse impeta Miss Nishimwe Naomie
Babanje gusangira mbere yo kumwambika impeta y'urudashira
Uyu musore wiyita umuhanuzi ku mbuga nkoranyambaga, yatambukije amafoto ashimangira ko we n'umukunzi we bagiye kurya ubuzima muri Zanzibar muri Tanzania
Naomie na Tesfaye ntibasiba kwereka ababakurikira aho bageze mu rukundo rwabo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages