Ni umukino barebye ku bufatanye na Visit Rwanda iha amahirwe benshi mu byamamare baba batembereye mu Bufaransa bakifuza kuharebera umukino w’ikipe ya ‘Paris Saint Germain’ basanzwe bakorana.
Miss Muyango na Juno Kizigenza, bamaze iminsi ku Mugabane w’u Burayi mu bikorwa bitandukanye.
Miss Muyango yari ategerejwe mu gitaramo Bwiza aherutse gukorera mu Bubiligi, icyakora kubera impamvu zinyuranye birangira atagereye i Burayi ku gihe nk’uko yari yabiteguye.
Ubu uyu mugore uri mu bakunzwe cyane mu myidagaduro y’u Rwanda, ari gutembera ibice bitandukanye by’u Burayi yari anagezemo bwa mbere.
Ni mu gihe yahahuriye na Juno Kizigenza we umaze iminsi mu myiteguro y’ibitaramo ateganya gukorera i Burayi mu mpeshyi y’umwaka wa 2025.







TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!