Ku wa 28 Nyakanga 2018 nibwo Miss Muhikira yasezeranye kubana akaramata na Burabyo Ghislain, mukuru w’umuhanzi Burabyo Yvan uzwi nka Buravan. Ni mu masengesho yabereye muri Zion Temple mu Gatenga, ayoborwa n’Umushumba w’iri torero Apôtre Dr Paul Gitwaza.
Muhikira yatorewe kuba Nyampinga wa Mbere wa INILAK ku wa 25 Nzeri 2011, atangira inshingano ze mu 2012.
Inkuru y’urupfu rwa Muhikira yamenyekanye mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri ahagana saa cyenda z’ijoro. Yitabye Imana ari kubyarira mu Bitaro biri muri Angola, aho yabanaga n’umugabo we.
Miss Irene Bellange Muhikira [benshi bita Bella] yitabye Imana nyuma y’amezi icyenda gusa arushinze. Amakuru avuga ko umwana yibarutse we ameze neza.
Muhikira na Burabyo batandukanyijwe n’urupfu mu gihe bagize ubukwe bwizihiye inshuti n’umuryango, bwabimburiwe n’umuhango wo gusaba no gukwa wabaye tariki ya 14 Nyakanga 2018.
Mu basore batandatu bari bagaragiye Burabyo Ghislain ku munsi w’ubukwe bwe, hari harimo murumuna we Burabyo Yvan [Buravan], umuririmbyi ukunzwe cyane muri iki gihe mu Rwanda.
Inkuru wasoma: Miss Muhikira Irene yarongowe na mukuru wa Buravan (Amafoto)



















TANGA IGITEKEREZO