Iki gikorwa cyabaye ku wa 19 Gicurasi 2026, cyitabiriwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’urubyiruko n’iterambere ry’abahanzi, Umutoni Sandrine na Ambasaderi w’u Rwanda mu Bufaransa, François Nkulikiyimfura.
Mu bitabiriye uyu muhango harimo kandi abakinnye muri filime ‘Ben’Imana’ nka Clémentine Uwimana Nyirinkindi wamamaye nka Marigarita muri Papa Sava. Muri Ben’Imana, akina yitwa Veneranda.
Harimo kandi Isabelle Kabano, Nishimwe Kesia Kelly, Uwabeza Léocadie wamamaye nka Nyiragitariro, Uwamahoro Antoinette uzwi nka Siperansiya muri Seburikoko na Tuyisenge Aimé Valens.
Iyi filime yayobowe na Marie-Clémentine Dusabejambo yerekanywe muri ‘Festival de Cannes’ iri kuba ku nshuro ya 79. Yerekanywe nyuma yo gutoranywa mu cyiciro cya Festival de Cannes kizwi nka ‘Un Certain Regard’.
Iki cyiciro kibarizwamo filime zifite uburyo budasanzwe bwo kubara inkuru, by’umwihariko kigashyira imbere abari muri sinema bashya.
Ni filime ya mbere yayobowe n’Umunyarwanda yatoranyijwe muri iri serukiramuco, nyuma ya Munyarugabo yasohotse mu 2007 ariko yayobowe n’Umunyamerika Lee Isaac Chung.
Ben’Imana yubakiye ku nkuru y’umugore wiswe Veneranda warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aza kongera kwiyubaka amererwa neza.
Icyakora aza gushegeshwa n’umukobwa we utwara inda atateganyije bikamwibutsa ahahise he.
Uretse Ben’Imana, Dusabejambo azwi muri filime nka A Place for Myself, Icyasha, Behind the World na Lyiza.
Ben’Imana yatunganyijwe n’Umunya-Côte d’Ivoire, Samantha Biffot afatanyije n’Umunyarwandakazi Uwayezu Marie Epiphanie n’Umunya-Misiri Mostafa El Kashef.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!