Ndaruhutse Merci uzwi nka Fally Merci watangije ibi bitaramo yabwiye IGIHE ko bifuje kuganira na Minisitiri Dr Bizimana mu rwego rwo kugira ngo barusheho kumenya byinshi ku mateka y’u Rwanda cyane ko iki ari cyo gitaramo cya nyuma bakoze mbere yo kwinjira mu gihe cyo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ati “Igitaramo cyacu cyitabirwa n’urubyiruko kandi rwinshi rufite inyota yo kumenya kurushaho amateka y’u Rwanda. Hari byinshi abazitabira igitaramo cy’iyi nshuro byanze bikunze bazatahana kurusha urwenya gusa.”
Fally Merci yagaragaje ko nubwo bakunze gukora ibitaramo byo gutera urwenya, ariko bafite n’inshingano zo kwigisha urubyiruko ibijyanye n’uburere mboneragihugu ari yo mpamvu hari aho banyuzamo bakiyambaza abayobozi banyuranye mu kubafasha.
Iki gitaramo gisanzwe kibera muri Camp Kigali, kuri iyi nshuro cyatumiwemo umuhanzi Dr. Claude n’abanyarwenya nka Ambasaderi w’abakonsomateri, Okello Okello wo muri Uganda, Muhindee, MC Kandii na Musa, Umushumba n’abandi banyuranye.
Ibi bitaramo bimaze kwigarurira imitima y’urubyiruko, ababitegura bari mu myiteguro yo kwizihiza imyaka ine bimaze bitegurwa mu Rwanda cyane ko byatangiye mu 2022, icyakora kugeza ubu bikaba ari bimwe muri bike by’urwenya biba mu buryo buhoraho.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!