Nyuma y’ibirori bidasanzwe bagiriye mu mujyi wa Oklahoma, Meddy, The Ben na k8 Kavuyo bagize itsinda rya PressOne, berekeje ibitaramo byabo bya “Ndi uw’i kigali"i Portaid Maine, muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika tariki ya 17 Kanama.
Aba basore batangije gahunda yo kuzenguruka Leta nyinshi zo muri Amerika, bagamije kumenyekanisha umuziki w’u Rwanda muri uyu mugabane, babifashijwemo na Ambassade y’u Rwanda iriyo.
Biteganyijwe ko bazasoreza ibi bitaramo bise “Ndi uw’i Kigali” mu Rwanda nk’igihugu cyabo bavukamo, ndetse ari naho bafite abafana benshi ubwo hazaba ari mu mpera z’uyu mwaka cyangwa mu ntangiriro z’umwaka utaha wa 2014.



















TANGA IGITEKEREZO