Uyu mugabo yafashwe n’uburakari nyuma yo kubona bamwe mu bakoresha imbugankoranyambaga zo muri Uganda bafashe amashusho ya Fille Mutoni ari gutanga ubuhamya bakayasakaza.
Umunyamakuru wa UBC witwa Sharon Kyomugisha yasangije abamukurikira ubuhamya bwa Fille Mutoni abushyira mu Cyongereza, MC Kats usanzwe amukurikira kwihangana biramunanira ahita amwuka inabi.
Mu buhamya yatanze mu mwanya muto yahawe mu Itorero Grace Room Ministries, Fille Mutoni yashimiye Imana yamubashishije gutaha mu Rwanda amahoro.
Ati “Nabyaranye n’umugabo ufite abagore batanu njye mba uwa gatandatu, arwaye SIDA n’abagore bose bararwaye ariko njye ndi muzima n’umwana wanjye. Kubera kuririmbira mu Isi nagize ikibazo cyo gukoresha ibiyobyabwenge birimo urumogi, cocaine na heroine mu gihe cy’imyaka itandatu.”
Fille Mutoni yahishuye ko amaze amezi arindwi aretse gukoresha ibiyobyabwe ubu akaba yarafashe icyemezo cyo gutaha mu Rwanda hamwe n’umubyeyi we ndetse n’umwana yabyaye.
Fille Mutoni wemeje ko yagarukiye Yesu Kristu , yashimiye Imana yamukuye ku biyobyabwenge ikanamubashisha gutaha mu Rwanda amahoro.
MC Kats akimara gusoma ubu buhamya bwa Fille Mutoni, yahise avayo abwira uyu munyamakuru ko ashobora kwisanga mu nkiko.
Ati "Ni inde wakubwiye ko abandi bana banjye na ba nyina bafite agakoko gatera SIDA? Uzi ko bashobora kugutwara mu nkiko ejo?”
Uyu munyamakuru na we yaje kumenyesha MC Kats ko ibyo yavuze ari amagambo ya Fille Mutoni, ati “Umva amashusho cyangwa ushake ugusemurira.”
MC Kats nyuma yongeye kugaragaza ko bitari bikwiye ko abana be bashyirwa mu majwi.
Ati “Abantu bakunda gushaka kugirirwa impuhwe gusa kuko nagumye ncecetse, ariko mumubaze uko yari abayeho imyaka irindwi yamaze yarabaswe n’ibiyobyabwenge. Ntimukagerageze kwinjiza muri ibi bintu abana banjye cyangwa ba nyina kuko nta na rimwe mwigeze mubabona bavuga, kandi barifuza ko byaguma gutyo."
Ni ubuhamya Fille Mutoni yatanze nyuma y’iminsi mike bivuzwe ko yavuye mu kigo ngororamuco yavuriwemo ibijyanye no gukoresha ibiyobyabwenge, ari naho bivugwa ko yasubirije ubwenge ku gihe akongera kwakira Yesu.
Fille Mutoni wabyaranye na MC Kats uri mu bakomeye mu myidagaduro ya Uganda, ni umwe mu bahanzi bafite izina ndetse yanakoranye indirimbo ‘Hallo’ na Bruce Melodie.
Fille Mutoni, once a lover of @mckatsug and mother to his daughter, reveals she and her daughter are HIV-negative, despite @mckatsug and his five other partners being HIV-positive.
Mutoni also marks 7 months of sobriety, having successfully overcome addiction to Heroin,cocaine… pic.twitter.com/ewMEU8P1Ld
— Sharon Kyomugisha (@SharonKyomugis2) October 16, 2024
People love playing sympathy games just coz i kept quiet but ask arud how to deal with 7. Years of drug addiction and what comes with it
Dnt involve my kids nor thier mums coz you haven’t seen them anywhere ever talk and they wanna keep it that way clout chasing anit good— MC Kats (@mckatsug) October 16, 2024



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!