Nk’uko Jules Sentore atahwemye kubigarukaho mu minsi ishize, iki gitaramo kizaba urubuga rwo kwishimira no kwimakaza umuco nyarwanda binyuze mu muziki.
‘Umudende’ Jules Sentore azaba amurikira abakunzi be ni album nshya ikubiyeho ibihangano byibanda ku rukundo, umuco, amateka n’indangagaciro byaranze Abanyarwanda.
Uretse indirimbo zizaba zigize iyi album, abazitabira iki gitaramo bazanasusurutswa n’abahanzi bakomeye bazifatanya na Jules Sentore ku rubyiniro, barimo Massamba Intore, Rumaga umaze kubaka izina mu busizi n’imivugo na Peace Jolis uri mu bahanzi bamaze igihe mu muziki w’u Rwanda.
Uretse aba hari kandi Umukondo Gatore uri mu bahanzi bashya ariko akaba yari yarubatse izina mu kubyina gakondo, Itorero Ishyaka ry’Intore ndetse na Chrisy Neat, umugore ukiri muto ariko wihebeye umuziki gakondo.
Jules Sentore agiye gutaramira abakunzi be nyuma y’imyaka irindwi kuko igitaramo aheruka gutegura ni icyabaye mu 2019.
Icyo gihe Massamba Intore yakimuhereyemo inkoni nk’ikimenyetso cyo kumuragiza injyana gakondo.
Iyi album Jules Sentore azaba amurikira abakunzi be iriho indirimbo zirimo “Rutemikirere”, “Ikirenga”, “Urumamo”, “Inka” yakoranye na Rugaba, “Inkuru y’Abahungu”, “Juru ry’Inyamibwa”, “Umutasi”, “Indamutsa” yahuriyemo na Bakuri, “Karimi”, “Usa n’u Rwanda”, “Minwanziga” na “Nkuyo” yakoranye na Nkuba.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!