00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Marina na Yvan Muziki bateguje ubukwe (Amafoto na Video)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 22 February 2026 saa 11:47
Yasuwe :

Yvan Muziki na Marina baherutse kwiyemeza kurushinga bakiriye ku meza inshuti zabo mu mugoroba wo kwinegura wabereye muri Delight Hotel i Nyarutarama mu ijoro ryo ku wa 21 Gashyantare 2026.

Bitewe n’uko Yvan Muziki yatunguriye Marina mu gitaramo akamwambika impeta, kandi akaba yari yarabigize ibanga rikomeye, hari benshi mu nshuti zabo batari barabashije gutumira ari nayo mpamvu bateguye uyu mugoroba wo kwinegura.

Ni umugoroba utaranzwe n’amagambo menshi cyane ko wari uwo guhura bagasangira bagasabana, Marina akereka Yvan Muziki inshuti ze ndetse nawe akabona inshuti z’uwo bitegura kurushinga.

Muri ibi birori Yvan Muziki yashimiye abitabiriye ibirori byabo, ahamya ko we na Marina bamaze imyaka itandatu mu rugendo rw’urukundo rwaranzwe n’ibibazo, icyakora bakabitsinda uyu munsi bakaba bariyemeje kurushinga.

Ati “Uyu muntu yambereye imfura ambera inshuti nziza, sinzi ikintu nakubwira uretse kukubwira ko wambereye umugisha. Burya inshuti yawe ntabwo iguta ikurwanaho kugeza igihe yizereye ko igufite.”

Uyu muhanzi yahishuye ko itariki 14 Gashyantare 2026 yamwambikiyeho impeta ifite igisobanuro kidasanzwe kuri bo kuko ari wo munsi bakundaniyeho mu myaka itandatu ishize.

Marina we mu ijambo rye yagize ati “Reka mbabwize ukuri, njye byarandenze, ntabwo nigeze ntekereza ko uyu munsi wagera ndi kumwe n’inshuti zanjye n’inshuti ze turi kwishimira urukundo […] umugabo wanjye ndamukunda cyane yambereye inshuti nziza mu buryo ntabasha gusobanura kandi ndamukunda, ibintu tutacanyemo mu myaka itandatu ndizera ko nta bihari kuko ikizami twaragitsinze.”

Mu Kiganiro na IGIHE, Yvan Muziki na Marina bahamije ko bari mu myiteguro y’ubukwe icyakora bagira ibanga itariki n’ukwezi bazabukorera, gusa bahamya ko ari muri uyu mwaka.

Mu ijoro ryo ku wa 13-14 Gashyantare 2026 mu gitaramo cyo kumurika album ya mbere ya Yvan Muziki, yaratunguranye yambika impeta y’urukundo Marina amusaba ko yazamubera umugore ndetse biyemeza kurushinga.

Ubwo Marina na Yvan Muziki bageraga ahabereye ibi birori
Ukinjira ahabereye ibi birori wahitaga umenya ibyo ugiyemo
Marina yafatanye ifoto y'urwibutso n'inshuti ze zitabiriye ibi birori
Bari batumiye umuhanga mu gucuranga Saxophone wasusurukije ibirori byabo
Ange Bae ni umwe mu nshuti za Marina zari zitabiriye ibi birori
Marina na Yvan Muziki bongeye guhamiriza inshuti zabo urukundo rwabo
Byari ibyishimo ku bitabiriye ibi birori
Shizzo aganira na Safi Eric usanzwe areberera inyungu za Marina
Ni ibirori byitabiriwe n'inshuti zabo nke cyane
Byari ibyishimo ku nshuti za Marina na Yvan Muziki zari zitabiriye ibi birori
Yvan Muziki na Marina bakatana cake
Wari umugoroba wo gusangira
Marina na Yvan Muziki bahishuye ko bamaze imyaka itandatu bakundana
Hari hateguwe aho gufatira agafoto no gusiga umukono w'uko uri mu nshuti zabo zitabiriye ibi birori

Amafoto: Ntirenganya Elie


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages