Ibi bitaramo bya Mani Martin byitezwe gutangirira ku ngoro y’amahoro ‘Peace museum’ ku wa 2 Werurwe 2026. Ni mu gihe ku wa 3 Werurwe 2026 azataramana n’abanyeshuri bo muri Afurika mu gitaramo kizabera muri Kaminuza ya ‘Hiroshima Jogakuin’ azaba yanabanje gusura.
Mani Martin ahamya ko ibi bitaramo bigamije kumvisha abazabyitabira album ye nshya yise ‘Rebirth’ amaze igihe ari no kugerageza kumenyekanisha mu Rwanda.
Muri Kamena 2019 nibwo Mani Martin yaherukaga gutaramira mu Buyapani. Icyo gihe yari yagiye mu Buyapani mu rugendo rwari rugamije gusakaza amahoro binyuze mu mu muziki, yakoreye mu bice bitandukanye birimo ahitwa Saga hizihirijwe isabukuru ya UNICEF, Kobe na Fukuchima.
Yitabiriye kandi igitaramo kiba buri mwaka cyiswe ‘Rwanda For Summer ‘cyo kwizihiza umuco nyarwanda, asura abana biga kuva mu mashuri y’incuke kugera muri kaminuza, akomereza ku rwibutso rwa Hiroshima ahatewe ibisasu bya kirimbuzi mu ntambara ya kabiri y’Isi, aranahataramira.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!