00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Lil Nas X yafashwe na ‘Paralysie’ yo mu isura

Yanditswe na Kangabe Nadia
Kuya 16 April 2025 saa 12:28
Yasuwe :

Umuraperi Montero Lamar Hill uzwi cyane nka Lil Nas X, yahishuye ko yafashwe n’uburwayi bwa ‘Ramsay Hunt syndrome’ bwatumye igice cy’ibumuso mu isura ye kitabasha gukora neza.

Ku wa 14 Mata 2025 nibwo Lil Nas X yatangaje ko afite ubu burwayi. Akoresheje amashusho yashyize ku mbuga nkoranyambaga ze, yerekanye aryamye mu bitaro avuga ko yagiye kwivuza ubu burwayi.

Yagize ati “Nabuze ubushobozi bwo kugenzura uruhande rw’iburyo mu maso”.

Lil Nas X yongeyeho ko bitewe n’uko igice cy’iburyo mu maso cyabaye ‘Paralysie’ atari kubasha guseka neza.

Ati “Uku niko ndi guseka ku ruhande rumwe, sinabasha guseka neza!”.

Nubwo Lil Nas X yari ari kwa muganga, yahumurije abafana be agira ati “Ntimuhangayike ku bwanjye, ndakomeza gusa nk’umuntu usekeje, mu minsi mike ndaba nakize”.

Lil Nas X wakunzwe mu ndirimbo nyinshi zirimo nka ‘Old Town Road’ yamuhesheje igihembo cya Grammy Award, ntabwo ari we cyamamare cyonyine gihuye n’ubu burwayi buzwi nka ‘Ramsay Hunt syndrome’ cyangwa ‘Bell’s palsy’.

Mu 2022, umuhanzi Justin Bieber nawe yahagaritse ibitaramo nyuma yo kurwara iyi ndwara. Ni mu gihe Joel Embiid wamamaye muri NBA, nawe yahuye n’ubu burwayi muri Mata 2024.

Lil Nas X yafashwe na ‘Paralysie’ yo mu isura

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .