00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kwizera Emelyne yakebuye ababaswe n’ingeso zirimo ubusambanyi yahozemo

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 22 May 2026 saa 06:55
Yasuwe :

Kwizera Emelyne wakunze kugarukwaho cyane ku mbuga nkoranyambaga mu munsi ishize, yakebuye abakibaswe n’ingeso yahozemo nk’ubusambanyi mbere yo kwakira Yesu nk’Umwami n’Umukiza akabatizwa mu mazi menshi.

Ibi uyu mukobwa yabigarutseho mu butumwa bw’amashusho yasangije abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga kuri uyu wa 21 Gicurasi 2026.

Uyu mukobwa yabanje kwibutsa abamukurikira ko mbere y’uko akizwa yari umunyabyaha, ati “Mbere ntarakizwa nari imbata y’ibyaha byinshi, nari umusambanyi, kunywa inzoga, ibiyobyabwenge, ubusinzi n’ibindi byinshi. Ariko nyine Kristu aza guhindura ubuzima bwanjye. Ubu ndi icyaremwe gishya, umwana w’Imana ndetse ndi umuragwa w’ijuru.”

Uyu mukobwa wahaye ubutumwa ababaswe n’ingeso yahozemo yakomeje ati “Ikintu nifuje kubasangiza nanabwira abantu batarakizwa, waba warabaswe n’ibiyobyabwenge, ubusambanyi, ubusinzi, kwikinisha, ubutinganyi [...] ndagira ngo nkumenyeshe ko ibyo byose Kristu abasha kubihindura. Ahindura ubuzima bw’umuntu nawe ntamenye uko bigenda.”

Kwizera yagarutsweho cyaje ubwo hajyaga hanze amashusho ye n’abandi bakobwa bari gukora ibiteye isoni, icyo gihe bapimwe ibiyobyabwenge babibasangamo biba ngombwa ko bajyanwa kigo ngororamuco cy’i Huye.

Nyuma Kwizera Emelyne yaje gutungurana abatizwa mu mazi menshi ahamya ko ubuzima bwe bwahinduwe na Yesu Kristu ndetse ko atazasubira ukundi.

Kwizera Emelyne yakebuye ababaswe n’ingeso mbi yahozemo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages