Ibi Kate Bashabe yabigarutseho mu kiganiro cyihariye yagiranye na IGIHE, aho yagaragaje uko mu Ukuboza 2025 yakoreye impanuka iwe mu rugo yari imuhitanye, gusa Imana igakinga akaboko.
Ati “Nari mfuye koko. Buriya gukubagana ukuze ni ibintu bibi, ntabwo ari byiza abantu bose bakubagana bazabireke. Naraguye nkubita umunwa n’umutwe, nari mfuye. Urebye isura yanjye ukuntu yanganaga, byari ibintu bibi cyane… Satani yari antwaye, Imana iravuga iti ‘guma aha’, nturasoza umugambi wanjye.’ Ubu ndi mu mahirwe ya kabiri.”
Uyu mukobwa uri muri ba rwiyemezamirimo bakunzwe cyane ku mbuga nkoranyambaga yavuze ko impanuka yagize yamwigishije isomo ry’uko umubiri umuntu yambaye atagakwiye kuwiyemerana.
Ati “Hariya ni ho nahise mbona ukuntu ubuzima ari ubusa. Buriya kwiyemerana uyu mubiri twambaye ntacyo bimaze, kumva ko hari umuntu urenzeho ntacyo bimaze na byo, kuko ushobora kubyuka uri mu kagare.”
Kate Bashabe, ushimira Imana yamufashije gukira, yavuze ko iyo mpanuka yayikoreye iwe mu rugo ubwo yari ari gukina n’abana, aza kunyerera birangira yikubise hasi yisanga kwa muganga arembye.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!