Nyuma y’igihe Lugumi Saidi na Alliah Cool bavugwa mu rukundo ariko nta n’umwe urakomoza ku byabo, uyu mugabo kwifata byanze aca amarenga ko yihebeye uyu mugore w’Umunyarwandakazi.
Ibi Lugumi Saidi yabigarutseho ubwo yajyaga ahatangirwa ibitekerezo kuri konti ya Instagram ya Alliah Cool wari umaze gusangiza ifoto ye abamukurikira arangije agira ati “Rukundo rwanjye”.
Iki cyabaye ikindi kimenyetso cy’uko urukundo rwa Alliah Cool n’uyu mugabo rugeze aharyoshye.
Mu minsi ishize nibwo Lugumi yeruye ko yaba ari mu rukundo na Alliah Cool ubwo yajyaga kuri konti ye ya Instagram agatangira kujya ashyira utumenyetso tw’imitima ku mafoto y’uyu mugore.
Uretse ibyo, Lugumi udasanzwe akurikira abantu benshi ku mbuga nkoranyambaga aherutse no gukurikira Alliah Cool kuri Instagram, ari na we rukumbi akurikiraho kuko ubusanzwe yakurikiraga konti y’ikigo cye gusa.
Nubwo wavuga ko ari ibimenyetso bica amarenga y’ibivugwa, yaba Lugumi Saidi na Alliah Cool ntawe uravuga ku mubano wabo.
Lugumi Saidi azwi cyane muri Tanzania nk’umucuruzi ukomeye ufite ikigo gicuruza intwaro, ni mu gihe Alliah Cool we uretse kuba umukinnyi wa sinema ukomeye mu Rwanda, ari n’umushabitsi kuri ubu ukorera ubucuruzi bwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!