Ni igitaramo Alex Dusabe ateganya gukorera mu Mujyi wa Bruxelles ku wa 4 Mata 2026. Azafatanya n’abahanzi barimo Rene Patrick na Agasaro Tracy.
Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Alex Dusabe yavuze ko yishimiye kuba agiye gutaramira i Burayi ku nshuro ye ya mbere mu myaka 25 amaze mu muziki.
Alex Dusabe ahamya ko bigenze neza buri bihe bya Pasika yajya aba afite igitaramo akorera i Burayi mu rwego rwo kwegerana n’abakunzi be bahatuye.
Ati “Turi mu myiteguro kandi nibaza ko nta kabuza bizagenda neza hamwe n’Imana.”
Alex Dusabe yavuze ko kuva yatangira umuziki ari ubwa mbere agiye gukorera igitaramo i Burayi ari na yo nshuro ye ya mbere azaba ahageze.
Yongeyeho ko hari inshuro nyinshi yabigerageje gusa ntibikunde kubera impamvu zitandukanye.
Alex Dusabe uri mu bahanzi bamaze igihe barubatse izina mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, aherutse gukorera i Kigali igitaramo cy’amateka ubwo yizihizaga imyaka 25 amaze akora ivugabutumwa mu ndirimbo.
Ni igitaramo yise “Umuyoboro 25 Concert’’ cyabereye muri Kigali Conference and Exhibition Village (KCEV) hazwi nka Camp Kigali, ku wa 14 Ukuboza 2025.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!