00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

King Saha yashinje Pallaso gushaka kumwica

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 18 May 2026 saa 08:58
Yasuwe :

King Saha uri mu bahanzi bakomeye muri Uganda akomeje gutaka abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza ko mugenzi we, Pallaso yagerageje kumwica, ariko Imana ikinga akaboko.

Ibi King Saha yabigarutseho ubwo yasangizaga abamukurikira amafoto y’imodoka ye yangiritse ku rwego rwo hejuru ndetse ahamya ko byakozwe na Pallaso.

Ati “Pallaso ashaka kunyica, yagerageje kunyica. Ni inshuro ya kabiri ariko ntabwo yahiriwe kuko Imana iracyandinze. Nahisemo amahoro ariko si ubwoba.”

Ni amagambo King Saha yavugaga ayaherekesheje amashusho n’amafoto agaragaza imodoka ye yangiritse cyane, abakurikirana imyidagaduro yo muri Uganda bagahamya ko Pallaso ari kumwe n’itsinda rye ry’abantu bagera kuri 20 bateze uyu muhanzi bitwaje imihoro n’ibibando.

Icyakora nyuma y’akanya gato, King Saha wagaragaje ko hari abahanzi bifuza kumubona yapfuye, yaje gusangiza abamukurikira amashusho ari kumwe na Spice Diana, yemeza ko yageze mu rugo amahoro.

King Saha na Pallaso bamaze iminsi barebana ay’ingwe.

King Saha yigeze gushinja abahanzi bagenzi be gushaka kumuzimya ndetse no kugerageza kumuca intege mu muziki. Nubwo atari yavuze uwo ariwe wese, abakurikirana umuziki muri icyo gihe bahise bumva Pallaso bakundaga gucyocyorana.

Nk’aho bidahagije, Pallaso nawe yashinje King Saha kutubaha abahanzi bamubanjirije mu muziki no kuvuga amagambo yibasira bagenzi be mu itangazamakuru.

Aha benshi batekereje ko Pallaso yinjiye mu rugamba rwo kurwanira mukuru we, Jose Chameleone wari umaze igihe yotswa umuriro w’amagambo na King Saha.

Mu minsi ishize nibwo byavuye mu byo guterana amagambo noneho biba intambara yeruye, aho Pallaso ahuriye na King Saha bagashyamirana.

Ubwo baherukaga guhurira mu gitaramo mu minsi ishize byavuzwe ko bakozanyijeho bikomeye, icyakora buri wese ataha ashinja mugenzi we kumusagarira.

Icyo gihe Polisi ya Uganda yavuze ko igitegereje ko hari uwatanga ikirego yaba umwe muri aba cyangwa uwaba yaragizweho ingaruka n’imirwano yabo.

Nubwo nta wigeze arega ngo Polisi ibe yakwinjira mu bibazo byabo, yabihanangirije gukora ibikorwa by’urugomo basabwa kurangwa n’ubwubahane.

Imodoka ya King Saha yangiritse nyuma yo kugabwaho igitero n'abantu ashinja kuba aba Pallaso
Nubwo imodoka yangiritse cyane, King Saha yavuze ko yabashije kurokoka agera mu rugo amahoro
King Saha ashinjwa na Pallaso kutubaha bakuru be mu muziki, aha bikaba byaraturutse ku guterana amagambo na Jose Chameleone
Pallaso na King Saha bamaze igihe baterana amagambo yamaze kubyara intambara ikomeye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages