00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

King James yashyize ku isoko amatike y’igitaramo cye cya kabiri

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 1 June 2026 saa 10:33
Yasuwe :

Nyuma y’iminsi yemeje umunsi wa kabiri w’igitaramo cye, King James yamaze gushyira ku isoko amatike yo kuzacyitabira. Ni mu gihe yavuze ko uwo azashiriraho bizamusaba gutegereza ikindi gihe kuko adateganya gukora icy’umunsi wa gatatu.

Mbere yo gushyira ku isoko aya matike, King James mu kiganiro n’abanyamakuru yabajijwe niba amatike y’igitaramo cye yongeye agashira mu minsi mike nk’uko byagenze mbere, yaba ateganya gukora icy’umunsi wa gatatu, aguga ko atiteguye kugikora bityo asaba abakunzi be kugura amatike hakiri kare.

Ati “Kugeza ubu twateguye iby’iminsi ibiri ntabwo nibaza ko twakora icy’umunsi wa gatatu, uzaba yacikanywe ubwo byazasaba gutegereza ubutaha mu bindi bitaramo kuko kuri iyi nshuro tuzakora iminsi ibiri gusa. Ninayo mpamvu tubasaba kugura amatike bakimenya ko yagiye hanze.”

Uyu muhanzi yavuze ko n’umunsi wa kabiri bawutekereje ku bw’ubusabe bw’abakunzi be bari bagaragaje ko amatike yabashiriyeho ari benshi bituma ashyiraho igitaramo cy’umunsi wa kabiri kizaba ku wa 2 Kanama 2026 gikurikira icy’umunsi wa mbere kizaba ku wa 1 Kanama 2026.

Ati “Umunsi wa kabiri muri rusange ntabwo bimenyerewe mu Rwanda twari tuzi ko duteguye igitaramo kimwe bikarangira [...] ariko bitewe n’uko amatike yahise agurwa kandi dusabwa kumva ibitekerezo by’abafana cyane ko ari bo dukorera, benshi bifuzaga Stade Amahoro gusa mu byumweru bitatu byari bigoye kubikora dusanga umwanzuro ari ugukora umunsi wa kabiri kugira ngo abatarabonye amatike bayabonye.”

King James ari mu myiteguro y’ibitaramo bye ‘20 Years of King James’ cyo kwizihiza imyaka 20 amaze mu muziki yatangiye mu 2006.

King James yashyize ku isoko amatike y’igitaramo cye cya kabiri

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages