Ibi byatangajwe na sosiyete ya Zentronation, iri gutegura iki gitaramo, mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ku wa 25 Kamena.
Iti “Nyuma yo gucuruza amatike agashira ku isoko mu Rwanda, ibirori birakomeza. King James agiye kugaruka mu Bubiligi, nyuma y’imyaka myinshi atahaheruka, kwizihiza imyaka 20 y’umuziki we. Abafana ba nyabo bazi icyo uyu mwanya usobanuye”.
King James, uri kuzenguruka intara z’u Rwanda ashimira abafana be bamubaye hafi mu gihe cyose amaze mu muziki, azataramira muri iki gihugu mu Mujyi wa Bruxelles.
Hazaba ari ku wa 22 Kanama 2026. Hanahise hashyirwaho uburyo bwo kugura mbere amatike yo kucyinjiramo.
Igitaramo kizabimburira ibindi muri uru ruhererekane rwabyo azizihirizamo imyaka 20 amaze mu muziki, King James azagikorera i Kigali muri BK Arena ku wa 1 Kanama 2026. Kizakurikirwa n’ikizaba mu ijoro ryo ku munsi uzakurikiraho.
Zentronation iyobowe na DJ Zentro, isanzwe itegura ibitaramo muri iki gihugu ndetse ni na yo yateguye icyo Bruce Melodie aherutse kuhahuriramo na Sheebah Karungi wo muri Uganda. Cyayobowe na Miss Muyango ku wa 7 Werurwe 2026.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!