Uyu mukobwa ugiye guhagararira u Rwanda muri iri rushanwa ku nshuro ya mbere yabwiye IGIHE ko yandikiwe na sosiyete yitwa Embrace Afrika, ifite mu nshingano gutoranya abakobwa bo mu bihugu bya Afurika, bitabira iri rushanwa.
Ati “Baranyandikiye bambwira ko babonye mfite indeshyo n’ingano by’umukobwa bifuza wakwitabira iri rushanwa ahagarariye u Rwanda. Nanjye ndabyemera kuko numvaga nta kibazo kirimo.”
Keza afite umushinga wo guteza imbere abari n’abategarugori. Yavuze ko mu gihe iri rushanwa ryaba risaba kwambara bikini we atabikora kuko ‘bihabanye n’umuco nyarwanda’. Keza azaba ahatanye n’abandi bakobwa bo mu bihugu bitandukanye ku Isi yose birimo Afurika y’Epfo, Peru, Malaysia, Portugal n’ibindi.
Umukobwa uzegukana iri kamba azahabwa amafaranga ataratangazwa ingano, yemererwe gukora ingendo mu bihugu bitandukanye.
Iri rushanwa rifite intego yo gufasha abanganvu gutinyuka no gutangira kumenyera gufata inshingano bakiri bato, kugira ngo ejo habo hazabe heza kurushaho.
Ikamba rya Miss Teen Universe umwaka ushize wa 2019 ryatwawe na Alondra Leytón wo muri Nicaragua.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!