Abinyujije kuri X, kuri uyu wa 15 Mata 2026, Kanye West yemeje ko atakihataramiye nk’uko yari yarabiteguye ko azahakorera igitaramo ku wa 11 Kamena 2026.
Ati “Nyuma yo kubitekerezaho cyane, ni umwanzuro wanjye bwite gusubika igitaramo mu Mujyi wa Marseille mu Bufaransa kugeza nongeye kubamenyesha”.
Yakomeje agira ati “Ndabizi birafata igihe cyo kumva ukuri k’umwanzuro nafashe. Mfite inshingano ku byanjye ariko sinshaka kubishyiramo abafana banjye. Abafana banjye ni byose kuri njye. Mutegereze ibindi bitaramo”.
Mu bindi bice Kanye West yakumiriwemo birimo Australia, u Bwongereza, u Budage na Slovakia. Icyakora ategerejwe mu bitaramo bitandukanye azakorera mu Buhinde, u Buholandi, u Butaliyani, n’ahandi.
Ye aheruka gutaramira mu Mujyi wa Los Angeles kuri SoFi Stadium tariki ya 1 n’iya 3 Mata 2026.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!