00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ruti Joël yatunguranye i Kampala mu gitaramo cya Massamba Intore (Amafoto)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 20 May 2024 saa 10:41
Yasuwe :

Mu mpera z’icyumweru gishize, Massamba Intore yari mu Mujyi wa Kampala aho yakoreye igitaramo gikomeye cyabereye muri Kampala Serena Hotel mu ijoro ryo ku wa 18 Gicurasi 2024.

Ni igitaramo cyitabiriwe n’umubare munini w’abakunzi b’umuziki gakondo batuye cyangwa bakorera mu Mujyi wa Kampala.

Massamba Intore wari waherekejwe n’itsinda ry’ababyinnyi n’intore ndetse na Ruti Joël watunguranye muri iki gitaramo basusurukije bikomeye abakunzi b’umuziki bari bakoraniye muri Kampala Serena Hotel.

Mu kiganiro yahaye IGIHE, Ruti Joël yavuze ko yishimiye gutaramana na Massamba Intore wamusabye kumuherekeza.

Yagize ati "Umutoza wanjye ntabwo yansaba kumuherekeza ngo mbyange. Yarabinsabye numva ko ari iby’agaciro nanjye njyayo ntazuyaje. Bihora ari ishema kuri njye gutaramana na we."

Massamba Intore aherutse kubwira IGIHE ko yifuza ko ibi bitaramo byaba ngarukakwezi bikajya bitumirwamo abakora umuziki gakondo, bagataramira Abanyarwanda batuye cyangwa bakorera i Kampala.

Ati “Muri Uganda hari Abanyarwanda n’inshuti zabo nyinshi zitagira amahirwe yo kubona aho bataramira umuziki wabo, niyo mpamvu ndi gutekereza uko ibitaramo nk’ibi byaba ngarukakwezi.”

Massamba yakoze iki gitaramo mu gihe ari mu myiteguro yo kwizihiza isabukuru y’imyaka 40 amaze mu muziki nk’umuhanzi wabigize umwuga.

Massamba Intore yatanze ibyishimo i Kampala
Yanyuzagamo agataramira abakunzi b'umuziki we anatembera hagati yabo baganira
Banyuzagamo bagacinya akadiho
Hari igihe Intore biyisaba kwikoza ibicu igatanga ibyishimo mu bakunzi b'umuhamirizo bayihanze amaso
Kamapala Serena Hotel yari yuzuye abakunzi b'umuziki gakondo
Intore zari zaherekeje Massamba Intore ziri mu bishimiwe bikomeye
Massamba Intore yifuza ko ibi bitaramo byaba ngarukakwezi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .