Ku wa 26 Gashyantare 2023 nibwo i Kigali hasorejwe isiganwa ry’amagare rimenyerewe nka ‘Tour du Rwanda’ ryegukanywe n’ Umunya-Eritrea Henok Mulubrhan ukinira Green Project-Bardiani CSF-Faizanè yo mu Butaliyani.
Ni ibirori byasorejwe ku musozi wa Rebero kuri Canal Olympia ahari hakoraniye abayobozi n’abafana b’amagare mu Rwanda.
Mu bari bitabiriye harimo umuhanzi Kadja Nin ari kumwe n’umugabo we Jacques Bernard benshi bazi nka Jacky Ickx.
Jacky Ickx yamamaye nk’umuhanga mu masiganwa y’imodoka akaba by’umwihariko yaratsinze inshuro esheshatu iryitwa ‘24 Hours of Le Mans’ byanamugize uwakabiri waryegukanye kenshi mu mateka.
Jacky Ickx yatsindiye inshuro umunani Formula one, anabasha kugera kuri ’Podium’ y’iri rushanwa inshuro 25.
Jacky Ickx w’imyaka 78 ari mu bakinnyi bafite amateka mu mukino wo gusiganwa mu modoka aho yakiniye amakipe arimoFerrari,Porsche,Ford n’izindi zikomeye.
Amakuru IGIHE yamenye ni uko uyu muryango uri mu Rwanda mu bikorwa bitandukanye cyane ko uyu muhanzikazi we akunze kuhatemberera kenshi ndetse kugeza ubu hari ibikorwa by’ishoramari yatangiye kuhakorera.
Khadja Nin azwi mu ndirimbo zakunzwe nka Sambolera yanitiriye album yasohotse mu 1996.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!