Ku wa 1 Mata 2026, uyu muhanzi yashyize kuri Instagram ye ubutumwa bwemeza izina n’igihe iyi album ye izasohokera. Yari yagaragaje ko izasohoka hagati mu ijoro ryo kuwa 1-2 Mata 2026 yitwa “OTA”.
Bidatinze, uyu munyamuziki yaje guhita ahindura amakuru amwe muri ubu butumwa. Mu magambo yari yakoresheje, yasigajeho izina rya album gusa ubundi butumwa bubivugaho arabusiba bwose.
Uku kubihindura kwababaje bamwe mu bakurikirana uyu muhanzi. Hari abavuze ko yababeshye cyane ko itariki yabitangarijeho isanzwe ifatwa nk’iy’umunsi wo kubeshya.
Umusizi Junior Rumaga ni umwe mu babitanzeho igitekerezo aho yagize ati “Witwaje ko turi ku ya 1 y’ukwa Kane, twagufanura ntukine Juno. Twiriwe twoze ngo twote”.
Umuhanzi Kivumbi King na we yagize ati “Sinzi icyo kwizera, ariko reka dutegereze”.
Umujyanama wa Juno Kizigenza, Nando Bernard, yabwiye IGIHE ko ibya album uyu muhanzi yateguje abakunzi be ari ukubeshya bijyanye n’itariki ya 1 Mata, umunsi benshi bafata nk’uwo kubeshya.
Ati “Byari ukwiganirira bimwe bya tariki 1 Mata umunsi benshi bafata nk’uwo kubeshya, rero nawe byari ukwiganirira wenda ukuri guhari ni uko izina rya album ryo ari iryo.”
Mu 2023, Juno Kizigenza yasohoye album yise ‘Yaraje’ anizihiza imyaka itatu yari amaze mu muziki. Ni nyuma y’uko mu 2021 yari yasohoye EP yise 6kg.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!