Nyuma yo gusomanira ku rubyiniro, Juno Kizigenza aganira n’abanyamakuru yavuze ko yabitewe n’uko yari yishimye, ati “Ni uko twari twishimye.”
Ku ruhande, Ariel Wayz we aganira na The New Times abajijwe ku gusomana na Juno Kizigenza, yavuze ko nta kidasanzwe kuko inshuti z’akadasohoka ‘Best friend’ zishobora gusomana.
Ubwo yari ku rubyiniro, Juno Kizigenza yateye indirimbo ‘Away’ yakoranye na Ariel Wayz maze uyu mukobwa wari umaze gutaramira abakunzi be yongera gusubirayo bafatanya gususurutsa Abanyarwanda.
Uko indirimbo yaganaga ku musozo ni ko bagendaga babyinana imbyino ubona ko bitozanyije barangije Juno Kizigenza yegera Ariel Wayz amusoma umunwa ku wundi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!