Aya mashusho yasakaye mu gitondo cyo kuri uyu wa 20 Mutarama 2023 , agaragaza uyu muhanzi ava mu modoka n’itsinda bari kumwe afite inkoni nini, akegera umumotari wari umugonze.
Uyu muhanzi ufite izina rikomeye muri muzika ya Uganda no muri Afurika y’i Burasirazuba, yageze ku mumotari wari umugonze amukubita inkoni yari afite inshuro enye mbere y’uko abaturage bahurura baza kureba ikibaye .
Nyuma yo kubona ko abantu babaye benshi, uyu muhanzi yahise yinjira mu modoka n’abo bari kumwe baragenda.
Nta muntu wakomereye muri iyi mpanuka yoroheje , uretse imodoka ya Jose Chameleone yakobotse ku ruhande.
Bamwe mu bari kumwe na Jose Chameleone w’imyaka 43 bavuga uyu muhanzi yababajwe no kuba imodoka ye yakobotse.
Stuart G Khast umuvugizi w’uyu muhanzi, yavuze ko Jose Chameleone atapfuye kuva mu modoka ngo akubite uyu mumotari ahubwo ibyo yakoze yabitewe n’amagambo mabi yabwiwe n’uwo mumotari wari ugonze imodoka ye.
Ibi byabereye ku muhanda wa Entebbe Road ubwo uyu muhanzi yari mu nzira ataha mu rugo rwe ruri mu gace kitwa Segeku.
Abakoresha imbuga nkoranyambaga basabye Polisi guta muri yombi uyu muhanzi bavuga ko yagaragaje imyitwarire mibi.
Kugeza ubu uyu mumotari ntaratanga ikirego kuri polisi ngo agaragaze niba koko yahohotewe.
WATCH: Ugandan musician @JChameleone filmed caning a boda boda rider in Makindye, Kampala after he allegedly knocked his Range Rover as he drove home.
📹Courtesy
#SqoopUpdates pic.twitter.com/Siw2tVUj4E— SQOOP; It's Deep (@MonitorSqoop) January 20, 2023

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!