00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Jay-Z na Rihanna batanze miliyoni y’amadolari buri umwe yo gufasha abahutajwe na Coronavirus

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 2 April 2020 saa 12:02
Yasuwe :

Jay-Z na Rihanna bahuje imbaraga mu gikorwa cyo kurwanya Coronavirus, bombi binyuze mu miryango ifasha bashinze, buri umwe yatanze miliyoni y’amadolari ya Amerika.

Miliyoni ebyiri z’amadolari aba bahanzi batanze ntabwo higeze havugwa amazina y’abo zizafasha, gusa barimo abana, abakuze n’abandi bantu batagira aho baba b’i New York na Los Angeles.

Iyi nkunga kandi izakoreshwa mu kwita ku bana umunsi ku wundi, kubashakira ibikoresho bifashisha mu kwiga kwabo, ibiryo n’ibindi.

Jay-Z yanyujije aya mafaranga mu muryango yashinze witwa Shawn Carter Foundation uyoborwa na nyina Gloria Carter mu gihe Rihanna we yayanyujije muri Clara Lionel Foundation, ukaba ari umuryango ufasha yashinze.

Batanze iyi nkunga mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika arizo ziza ku isonga mu kugira umubare munini w’abamaze kwandura Coronavirus kuko bangana na 216 721, aho 5137 bamaze kwitaba Imana kandi biganje muri Leta ya New York.

Jay-Z na Rihanna batanze miliyoni y'amadolari buri umwe yo gufasha abahuye n'ingaruka z'imibereho mibi kubera Coronavirus

Reba agace gato k’igitaramo Jay-Z na Rihanna bakoreye i Londres mu 2012


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages