Mu butumwa uyu muraperi uri mu bamaze igihe mu muziki yatambukije kuri X, yavuze ko gahunda ayigeze kure yo kubaka ishuri rizafasha abana.
Yagize ati "Ndi no kubaka ishuri muri Ghana, sinjye uzarota ngiye kuritangiza. Rule akunda abana.”
I’m also building a school in Ghana can’t wait to go and break ground… Rule love the kids!!! 🧡☀️🌅
— Ja Rule (@jarule) January 4, 2024
Jeffrey Bruce Atkins Sr. wamamaye nka Ja Rule mu muziki, atangaje ko ari kubaka ishuri muri Ghana, nyuma y’iminsi ahishuye ko yasinye amasezerano ahagaze asaga miliyoni $100 n’inzu ireberera inyungu z’abahanzi atifuje guhishura amazina.
Ja Rule w’imyaka 47 yiyongereye ku rutonde rw’abahanzi barimo Lil Johns, Michael Jackson n’abandi, bubatse amashuri ku Mugabane wa Afurika mu bihugu bitandukanye.
Ja Rule umaze imyaka irenga 30 mu muziki, azwi cyane mu ndirimbo zirimo "Mesmerize’’, "Clap Back", "It’s Murda", "New York" n’izindi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!