Ni ubukwe buzabera muri hoteli y’inyenyeri eshanu iherereye muri Leta ya Rhode Island, aho Swift asanzwe afite urugo ndetse asanzwe ahamarana igihe kinini n’uyu mukunzi we bitegura kurushinga.
Ni ubukwe kandi bw’akataraboneka buteganyijwe kuba ku wa 13 Kamena 2026 nk’uko amakuru y’ikinyamakuru Harpar’s Bazaar abigaragaza.
Ni igihe bahisemo kuko bizanabafasha kugira ukwezi kwa buki nta nkomyi, ugendeye ku ngengabihe y’irushanwa rya NFL uyu mugabo akinamo.
NFL izakinwa mu kwezi gukurikiyeho kwa Nyakanga, ibizatuma abona umwanya wo kuruhuka bihagije agasubira mu kibuga afite imbaraga.
Byatangajwe ko bizigamye amafaranga atubutse kugira ngo babashe kwishyura hoteli ikomeye yitwa Ocean House iherereye i Watch Hill muri Leta ya Rhode Island.
Amakuru avuga ko ubu bukwe butazitabirwa na benshi ariko bigateganywa ko ibyamamare byinshi bizabutaha. Abantu babarirwa muri 150 ni bo byitezwe ko bazabwitabira.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!