00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Israel Mbonyi yataramiye mu Bubiligi (Amafoto)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 14 June 2026 saa 01:30
Yasuwe :

Mu ijoro ryo ku wa 13 Kamena 2026, Israel Mbonyi umaze kubaka izina mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, yakoreye igitaramo gikomeye mu Bubiligi, atanga ibyishimo ku bacyitabiriye.

Bijyanye no kuba igitaramo cyabereye hanze y’Umujyi wa Bruxelles, hari hateguwe imodoka zafashije abantu kugera no kuva aho cyabereye.

Uyu muhanzi uri mu bakomeye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana yataramiye muri hoteli yitwa ‘Dolce La Hulpe’ iherereye hanze ya Bruxelles iminota nka 20-25 uramutse ugenda n’imodoka.

Ni ku nshuro ya gatatu Israel Mbonyi akoreye igitaramo gikomeye mu Bubiligi kandi abakunzi be bakamwitaba ari benshi.

Nyuma yo kuva mu Bubiligi, byitezwe ko ku wa 20 Kamena 2026 Mbonyi azakomereza mu Budage, ahave ajya mu Bwongereza mu Mujyi wa Leeds ku wa 27 Kamena 2026 mbere y’uko asoreza ibi bitaramo muri Suède ku wa 5 Nyakanga 2026.

Ubwo Israel Mbonyi yari ahingutse ahabereye iki gitaramo
Yifuzaga gutahana amashusho y'urwibutso
Hari indirimbo Israel Mbonyi ageraho akaziririmba anicurangira gitari
Israel Mbonyi yaririmbanaga akanyamuneza mu maso
Ibitaramo bya Israel Mbonyi n'abakuru babyisangamo
Peace Hoziyana ari mu bafasha Israel Mbonyi ku rubyiniro
Igitaramo cya Israel Mbonyi gitangira abantu bahagaze kugeza kirangiye
Nk'ibisanzwe, Israel Mbonyi hari aho agera aho agasaba abakunzi be gucinyana akadiho
Ubwitabire bwari hejuru muri iki gitaramo

Amafoto: Rutayisire Jessica


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages