00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Israel Mbonyi yageze mu Budage

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 19 June 2026 saa 12:49
Yasuwe :

Nyuma yo gutaramira mu Bubiligi akahagirira ibihe byiza, ku mugoroba wo ku wa 18 Kamena 2026 Israel Mbonyi aherekejwe n’itsinda rimufasha ku rubyiniro yaba abacuranzi n’abaririmbyi yageze mu Budage aho ategerejwe mu gitaramo agomba kuhakorera ku wa 20 Kamena 2026.

Israel Mbonyi wataramiye mu Bubiligi ku wa 13 Kamena 2026, ubwo yashimiraga abakunzi be mbere yo kwerekeza mu Budage yanaboneyeho guteguza abo mu Budage aho agiye gukomereza ibitaramo bye.

Ati “Imana ibahe umugisha mu Bubiligi, twagiranye umugoroba udasanzwe, byari umugisha udasanzwe. Noneho rero abo mu Budage, turaza kuba dutaramana kuri uyu wa Gatandatu tariki 20 Kamena 2026 ntimuzabure.”

Israel Mbonyi witezwe n’abakunzi be benshi mu Budage, byitezwe ko azataramira mu Mujyi wa Braunschweig.

Israel Mbonyi uri mu bitaramo bizenguruka u Burayi, byitezwe ko azava mu Budage akomereza mu Bwongereza mu Mujyi wa Leeds ku wa 27 Kamena 2026 mbere y’uko asoreza ibitaramo bye muri Suède ku wa 4 Nyakanga 2026.

Nyuma y’ibi bitaramo Israel Mbonyi azahita ataha mu Rwanda aho azanahita atangirira imyiteguro y’ibindi bizenguruka East Africa mu bihugu nka Uganda, Tanzania na Kenya.

Uretse ibitaramo bizenguruka ibihugu bya East Africa, Israel Mbonyi wanamaze guteguza album cyangwa EP nshya, yanateguje igitaramo ‘Icyambu5’ aho agiye gutaramira muri BK Arena ku nshuro ya gatanu yikurikiranya.

Uyu muhanzi afite agahigo ko kuba ariwe wenyine umaze gukorera ibitaramo bine muri BK Arena yikurikiranya kandi igakubita ikuzura.

Israel Mbonyi ategerejwe gutaramira mu Budage
Israel Mbonyi yakirijwe indabyo mu Budage
Israel Mbonyi yageze mu Budage ari kumwe n'itsinda ry'abacuranzi n'abaririmbyi bamufasha ku rubyiniro

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages