Mu ijoro ryo ku wa 4 Kamena 2024 nibwo Israel Mbonyi yageze mu Bubiligi ari kumwe n’itsinda ry’abacuranzi bazafatanya mu gitaramo uyu muhanzi afite i Bruxelles.
Israel Mbonyi n’itsinda bari kumwe bakiriwe n’ubuyobozi bwa Team Production yamutumiye muri iki gitaramo byitezwe ko kizitabirwa n’abatari bake, cyane ko mbere gato ko ahaguruka i Kigali byari byanje gutangazwa ko amatike ya VIP yashize ku isoko mu gihe n’asanzwe hari hasigaye agera ku 10%.
Nubwo ariko amatike akomeje gushira ku isoko, mu minsi ishize iki gitaramo cyari cyimuwe aho cyagombaga kubera bitewe n’uko ahari hateganyijwe mbere habaye hato bityo hashakwa ahisumbuyeho.
Byitezwe ko iki gitaramo cya Israel Mbonyi kizabera mu cyumba kizwi nka Docks cyangwa ‘Dome Events Hall’ aho kuba muri Birmingham Palace yari yatangajwe mbere.
Nyuma yo kuva i Burayi, Israel Mbonyi agomba guhita ataha mu Rwanda agakomeza imyiteguro y’ibitaramo afite yaba muri Kenya no muri Uganda, aho agomba gutaramira muri Kanama 2024.
Israel Mbonyi yaherukaga gukorera igitaramo mu Bubiligi muri Kamena 2023, iki gihe nabwo akaba yarahagiriye ibihe byiza kuko cyitabiriwe ku rwego rwo hejuru.






Amafoto: Bombastic Studio
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!