00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Israel Mbonyi yageze mu Bubiligi (Amafoto)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 5 June 2024 saa 10:21
Yasuwe :

Israel Mbonyi utegerejwe mu gitaramo gikomeye giteganyijwe kubera mu Bubiligi, yamaze kugera mu Mujyi wa Bruxelles aho byitezwe ko azataramira tariki 8 Kamena 2024.

Mu ijoro ryo ku wa 4 Kamena 2024 nibwo Israel Mbonyi yageze mu Bubiligi ari kumwe n’itsinda ry’abacuranzi bazafatanya mu gitaramo uyu muhanzi afite i Bruxelles.

Israel Mbonyi n’itsinda bari kumwe bakiriwe n’ubuyobozi bwa Team Production yamutumiye muri iki gitaramo byitezwe ko kizitabirwa n’abatari bake, cyane ko mbere gato ko ahaguruka i Kigali byari byanje gutangazwa ko amatike ya VIP yashize ku isoko mu gihe n’asanzwe hari hasigaye agera ku 10%.

Nubwo ariko amatike akomeje gushira ku isoko, mu minsi ishize iki gitaramo cyari cyimuwe aho cyagombaga kubera bitewe n’uko ahari hateganyijwe mbere habaye hato bityo hashakwa ahisumbuyeho.

Byitezwe ko iki gitaramo cya Israel Mbonyi kizabera mu cyumba kizwi nka Docks cyangwa ‘Dome Events Hall’ aho kuba muri Birmingham Palace yari yatangajwe mbere.

Nyuma yo kuva i Burayi, Israel Mbonyi agomba guhita ataha mu Rwanda agakomeza imyiteguro y’ibitaramo afite yaba muri Kenya no muri Uganda, aho agomba gutaramira muri Kanama 2024.

Israel Mbonyi yaherukaga gukorera igitaramo mu Bubiligi muri Kamena 2023, iki gihe nabwo akaba yarahagiriye ibihe byiza kuko cyitabiriwe ku rwego rwo hejuru.

Amatike yo mu gitaramo cya Israel Mbonyi ari kugurwa ku bwinshi
Israel Mbonyi yageze mu Bubiligi ari kumwe n'itsinda ry'abacuranzi be
Israel Mbonyi yakiriwe n'abamutumiye mu gitaramo agiye gukorera mu Bubiligi, aha yaramutsaga Justin Karekezi ukuriye Team Production
Byari ibyishimo kuri Israel Mbonyi ugiye kongera gutaramira mu Bubiligi

Amafoto: Bombastic Studio


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .