Mu kiganiro yagiranye na Kasuku Live, Sheilah yavuze ko atekereza ku bihugu n’uduce turimo u Busuwisi, Monaco na Santorini mu Bugereki, nk’ahantu hashobora kubera ibirori by’ubukwe bwe.
Yasobanuye ko yifuza ko we n’umukunzi we, Alex Bidandi babanza gusezerana imbere y’amategeko muri Monaco, nyuma bagakorera ibirori nyamukuru by’ubukwe i Santorini, ikirwa cyo mu Bugereki kizwiho kwakira ba mukerarugendo.
Abagize imiryango yabo n’inshuti zo muri Uganda bo ngo batumirwa mu muhango wo gusaba no gukwa, uzabera i Kampala.
Sheilah yavuze ko ubukwe yifuza atari ubw’abantu benshi cyangwa ubwo kwerekana ubutunzi, ahubwo ari ibirori byihariye bizitabirwa n’abantu bake kandi ba hafi yabo.
Sheilah yanagaragaje ko we na Alex bahisemo kutagaragaza cyane urukundo rwabo mu ruhame, nubwo bafite amafoto menshi bafatiwe hamwe.
Ati “Abantu bakwiye kumva ko dufite amafoto menshi meza turi kumwe, kandi hari impamvu atashyizwe hanze.”
Nubwo yagaragaje ahantu hatandukanye atekereza gukorera ubukwe, Sheila Gashumba ntiyatangaje igihe buzabera cyangwa ngo yemeze ko imyiteguro yabwo yamaze gutangira.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!