00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

iShowSpeed yagaragaye muri Ghana yambaye umupira wakorewe mu Rwanda

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 27 January 2026 saa 09:04
Yasuwe :

Umunyamerika Darren Jason Watkins Jr. wamamaye nka iShowSpeed, yagaragaye mu rugendo yagiriye muri Ghana yambaye umupira yakuye mu Rwanda.

Ibyo kwambara uyu mupira byagaragaye ubwo uyu musore w’imyaka 21 yafatanaga ifoto n’umuhanzikazi Jackline Acheampong wamamaye nka Gyakie muri Ghana no hanze yayo.

Uyu mukobwa mu ifoto yashyize kuri Instagram ahashyirwa ubutumwa bumara amasaha 24 ni ho iShowSpeed agaragara yambaye uyu mupira.

Amakuru IGIHE ifite ni uko uyu mupira wakozwe na sosiyete ebyiri zirimo iya Kanyamico ndetse na Realm Collectiv.

Uwaduhaye amakuru yavuze ko nyuma y’aho abagize izi sosiyete bamenye urugendo rw’uyu musore bahisemo kuzamuha impano y’umwe mu mipira bakora, biyemeza gufatanya ngo bazakore umupira wihariye.

Nyuma y’aho iShowSpeed ageze mu Rwanda, bamusanze kuri BK Arena aba ari ho bamuhera uyu mupira. Bivugwa ko impamvu atawambaye ari i Kigali ari uko yari ahafite igihe gito kuko yahise yerekeza muri Kenya.

iShowSpeed amaze iminsi azenguruka ibihugu bitandukanye muri Afurika dore ko uretse u Rwanda yagiye mu bindi birimo Afurika y’Epfo, Ghana yanambariyemo uyu mupira wakorewe mu Rwanda, Ethiopie, Maroc aho yasusurukije abitabiriye umukino wa nyuma wa CAN wahuje Maroc na Senegal n’ahandi.

iShowSpeed yari ari kumwe n'umuhanzi Gyakie ubwo yifotozaga yambaye umupira wakorewe mu Rwanda
Uyu mupira ni wo wahawemo impano iShowSpeed

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages