00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ish Kevin wari ugiye gufasha Logan Joe, yazimirijweho ibyuma ari ku rubyiro mu gitaramo cya Davido (Video)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 6 December 2025 saa 09:22
Yasuwe :

Ubwo Ish Kevin yari ageze ku rubyiniro agiye gushyigikira Logan Joe, yazimirijweho ibyuma arinda amanuka nta jambo na rimwe avuze ngo abafana be bumve kuko iminota yari ikomeje kwirukankana abateguye igitaramo cya Davido.

Ubwo Logan Joe yari ku rubyiniro amaze kuririmba izindi ndirimbo yitegura gusoza umwanya we, yazamuye imwe mu ndirimbo yakoranye na Ish Kevin.

Mu gihe Ish Kevin yari amaze kuzamuka ku rubyiniro yitegura ko bayifatanya, abashyushyarugamba bari bayoboye igitaramo bamutanze imbere batangira gushimira Logan Joe, undi na we akomeza kuririmba biba uruvange rw’amajwi rutanyuze amatwi y’abari aho.

Abari ku buhanga bw’ibyuma bafashe icyemezo cyo gukuraho ibyuma byose bazimya n’amatara yo ku rubyiniro Logan Joe na Ish Kevin bajya babona ko basabwe kuva ku rubyiniro.

Ku rundi ruhande Logan Joe yari yagize igitaramo cyiza cyane ko ibihumbi by’abari bakoraniye muri BK Arena harimo benshi bazi umuziki we ndetse banabasha kuririmbana nawe nyinshi mu ndirimbo yari yateguye.

Logan Joe wari wakurikiye Kid From Kigali, yakuwe ku rubyiniro huti huti ngo asigire umwanya Ariel Wayz , nawe wakurikiwe na Juno Kizigenza mbere y’uko bakira Kitoko wakurikiwe na Riderman naho Davido we aza asoza.

Mu bandi bagaragaye ku rubyiniro barimo abavanga imiizki nka DJ Marnaud, Toxxyk, Alisha n’abandi banyuranye ndetse n’ababyinnyi barimo Divine Uwa wari kumwe n’itsinda rye.

Logan Joe yahamagaye Ish Kevin ku rubyiniro babazimirizaho ibyuma bataririmbanye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages