The Ben wari wirinze kugaragaza ko indirimbo Indabo zanjye yayihimbiye Bruce Melodie, byaje kurangira abwiye IGIHE ko ari kugerageza gusubiza mugenzi we wamushotoye igihe kinini.
Ati “N’ubundi gutebya nabyigiye kuri Bruce Melodie ni we wabizanye mbere, agaca no mu gikari akabinyigisha, rero nagerageje kubahiriza umukoro yampaye.”
Ku rundi ruhande, abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, Bruce Melodie yavuze ko atigeze abona indirimbo ya The Ben, ko we afite ize zo kumva adashobora kumva iz’abandi.
Yabaye nk’ushotora The Ben, ati “Reka rero ngutandukanyirize ibintu, sinavuze ko nasohoye indirimbo nivuga, ibaze gukora indirimbo nivuga undi agasohora indi amvuga […] ibaze ko n’iyo nkoze ama ‘dreads’ bambara ‘wig’ yazo.”
Ageze ku ndirimbo ’Indabo zanjye’ ya The Ben, Bruce Melodie yagize ati "Njye nta muntu nsaba indabo zanjye kuko njye ndazifite, usaba ikintu wataye, njye ndazifite ahubwo babishaka nabo nabahaho ariko baramutse bazinsabye [...] njye indirimbo nakoze ni njye wivugaga ariko ndabikunda cyane iyo abantu ari abafana banjye bakandirimba."
Aba bahanzi bombi nubwo badasiba gucyocyorana, birangira buri wese yemeje ko yemera undi mu muziki.
Basabye abakunzi babo kuzitabira igitaramo ‘The New Year Groove’ kizabahuza ku wa 1 Mutarama 2026.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!