00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Indirimbo za Weekend ya ‘St Valentin’: Muttima, Bushali, Chriss Eazy, Igor Mabano … mu bakoze mu nganzo

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 14 February 2026 saa 01:55
Yasuwe :

Mu gihe abakundana bari kwizihiza umunsi wabahariwe cyangwa se ‘St Valentin’, bamwe mu babafasha kugira ibihe byiza ni abahanzi babaha indirimbo zo kumva bakishimana.

Izi ni zimwe mu ndirimbo z’abahanzi bo mu Rwanda zasohowe muri iyi weekend ya St Valentin.

Chocolate - Chriss Eazy

Chriss Eazy uri mu bahanzi bagezweho muri iyi minsi yasohoye indirimbo ye nshya yise ‘Chocolate’ yakorewe na Element EleeeH mu gihe imirimo y’ifatwa ry’amashusho yayobowe na Figma.

Mapenzi - Muttima

Muttima ukomoka mu Rwanda ariko uri gukorera umuziki muri Tanzania ndetse uherutse gutangazwa na Ali Kiba nk’umuhanzi wo muri sosiyete ye ifasha abahanzi ‘Kings Music’, yasohoye indirimbo ye ya kabiri yise ‘Mapenzi’.

Ikurikira iyo yise ‘King’ang’anizi’ ari nayo yahereyeho nyuma yo gusinya mu Ukuboza 2025.

Aragukunda - Igor Mabano

Igor Mabano wari umaze igihe acecetse mu bijyanye na muzika, yakoze mu nganzo asohora indirimbo nshya y’urukundo yise ‘Aragukunda’.

Hobe – Victor Rukotana

Victor Rukotana wihebeye injyana gakondo, ukunze no kwiyambazwa mu birori by’ubukwe, yakoze mu nganzo asohora indirimbo nshya yise ‘Hobe’.

Iyi ndirimbo mu buryo bw’amajwi yakozwe na Iyzo afatanyije na Nikoyeee.

Karira – Bolingo Paccy

Bolingo Paccy wize umuziki mu ishuri ry’u Rwanda ry’umuziki, ni umuhanga mu gucuranga ibyuma bya muzika bitandukanye, ndetse akanatunganya indirimbo z’abandi bahanzi yasohoye inshya yise ‘Karira’.

Wowe - Là Reïna & Kevin Skaa

Là Reïna uri mu bakobwa bashya mu muziki w’u Rwanda ariko bafite impano idasanzwe yaba mu miririmbire ndetse no kwandika, yasohoye indirimbo ye nshya yise ‘Wowe’ yakoranye na Kevin Skaa.

Iyi ndirimbo nshya ya Là Reïna yakozwe mu buryo bw’amajwi na Prince Kiiiz bamaze igihe bavugwa mu rukundo.

Tonton Chris yasohoreye rimwe indirimbo ebyiri

Tonton Chris usanzwe ukorera umuziki we muri Canada ariko umaze iminsi mu biruhuko, yasohoreye rimwe indirimbo ebyiri zirimo iyitwa Look around Xoxo yakoranye na Ariel Wayz.

Uretse iyi ariko, yanasohoye indirimbo yise ‘Kiberinka’ yakoranye na Amalon.

Indahiro - Junior Rumaga

Junior Rumaga usanzwe ari umusizi ukunze kubihuza n’abanyamuziki, mu gihe abantu biteguraga kwinjira muri ‘St Valentin’ yabahaye igihangano gishya yise ‘Indahiro y’abakundana’.

Zezeze - Bushali

Bushali uri mu baraperi bafite izina rikomeye mu muziki w’u Rwanda, yashyize hanze indirimbo ye nshya yise ‘Zezeze’.

Ni indirimbo Bushali yakoze abifashijwemo na Kush Beatz mu gihe amashusho yayo yo yatunganyijwe na Chico Berry.

Iminwa-Yampano

Yampano umaze iminsi asohora indirimbo nyinshi, yamaze gushyira hanze inshya yise ‘Iminwa’ yasohoye ikoze mu buryo bw’amajwi gusa.

Uko byapfuye- Nessa & Beatkiller

Nessa na Beatkiller, umukunzi we banabana nk’umugore n’umugabo ariko bakanafatanya mu muziki, basohoye indirimbo nshya bise ‘Uko byapfuye’.

Uwera – Yvan Muziki

Yvan Muziki wamuritse album ye ya mbere yise ‘Inganzo Ntahangarwa’, yasohoye indirimbo nshya yise ‘Uwera’ mu guteguza abantu igitaramo yayimurikiyemo mu ijoro ryo ku wa 13 Gashyantare 2026.

Yvan Muziki yamurikiye iyi album mu gitaramo yakoreye muri Kigali Universe, aho yanatunguraniye akambika impeta Marina bari bamaze igihe bakundana ariko babihisha.

indirimbo z’abahanzi bo hanze

Morocco Remix-Joshua Baraka, Shenseea & Axon

Only God can save me- Adekunle Gold&Davido

Poze –Fernando

Natulizana-Diamond Platnumz

Anginayo Imali- Nkosazana daughter & Nomcebo Zikode & Master KG

Nasinzia II- Nameless& Marioo

Last forever- Johnny Drille

Opalite- Taylor Swift


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages