00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Imyambarire Lihle Nderu yaserukanye mu gitaramo cya DJ Phil Peter yasize inkuru i Rubavu (Amafoto)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 6 July 2026 saa 03:25
Yasuwe :

Lihle Nderu, uri mu bahanga mu kuvanga imiziki muri Afurika y’Epfo, yagarutsweho cyane mu gitaramo cya DJ Phil Peter cyabereye i Rubavu, nyuma yo kugaragara yambaye imyenda yibajijweho by’umwihariko n’abagikurikiye.

Uyu mukobwa uzwiho kuvanga imiziki anabyina mu buryo bushimisha abakunzi be, yatanze ibyishimo byinshi ku bitabiriye igitaramo. Icyakora imyambarire yaserukanye ndetse n’imbyino yakoraga ku rubyiniro byatumye avugisha benshi.

Iki gitaramo ’Ivy Filipiano Fest’ cyateguwe na DJ Phil Peter cyabereye muri Nengo Eden Park mu ijoro ryo ku wa 5 Nyakanga 2026, gikurura imbaga y’abakunzi b’umuziki baturutse mu bice bitandukanye.

Mu bandi basusurukije abacyitabiriye harimo Gradine Toto, uzwi mu ndirimbo zirimo "Mayday Rachael", "Adala na ngai", "Nzambe ayokaki mawa" na "Okeyi okomi wapi".

Iki gitaramo cyanitabiriwemo n’abahanga mu kuvanga imiziki bo mu Rwanda barimo DJ Inno na DJ Joxy Parker, na bo batanze ibyishimo ku bari bakoraniye muri Nengo Eden Park.

Abahanzi RunUp na Chibo na bo bageze ku rubyiniro, basusurutsa abakunzi b’umuziki bari bitabiriye iki gitaramo cyayobowe n’abarimo Muyango Claudine.

’Ivy Filipiano Fest’ yari umunsi wa kabiri wa ’Ivy Summer Fest’, yatangiye ku wa 4 Nyakanga 2026. Ku munsi wa mbere hataramye abarimo DJ Nessa, DJ Tyga n’abandi banyuranye bavanga imiziki bo mu Rwanda.

Iki gitaramo kandi cyanitabiriwe na Sheilah Gashumba, uri mu bavanga imiziki bagezweho muri Uganda ndetse na Benzoo, umwe mu bahanzi bakomeje kuzamuka muri Afurika y’Epfo.

Muyango niwe wayoboye iki gitaramo cyateguwe na DJ Phil Peter
Muyango aba afite itsinda ry'ababyinnyi bamufasha gususurutsa ibirori yatumiwemo
DJ Inno yavanze imiziki muri iki gitaramo
DJ Butera yari yitabiriye iki gitaramo nubwo atagicuranzemo
Abitabiriye iki gitaramo bari bakoze ku myenda y'ibirori
Ubwitabire bwari hejuru muri iki gitaramo
Aba bageze ahabereye iki gitaramo bamaze kuryoherwa n'umwuka wacyo
Muyango akoresha imbaraga nyinshi mu gushyushya abakunzi b'umuziki
Joxy Parker ni umwe mu bacuranze muri iki gitaramo
Joxy Parker yishimiwe bikomeye muri iki gitaramo
Joxy Parker afite umwihariko wo gucuranga anabyinana n'ababyinnyi be
Ni uku umunyamakuru Babou yahingutse ahabereye iki gitaramo
DJ Benda nawe yasusurukije abari bitabiriye iki gitaramo cyabereye i Rubavu
Lihle Nderu ni umwe mu bahanga mu kuvanga imiziki bari kuzamuka neza muri Afurika y'Epfo
Lihle Nderu yacurangaga abyinira abakunzi be
DJ Phil Peter nawe yageze aho acurangira abitabiriye igitaramo yateguye
Chibo ageze ku rubyiniro yeretswe urukundo bikomeye n'abakunzi be
Chibo ni umwe mu bahanzi bari kuzamuka neza mu muziki w'u Rwanda
RunUp uri mu bahanzi bagezweho yaririmbye muri iki gitaramo
RunUp yageze aho akuramo ishati asusurutsa abakunzi b'umuziki we
Gradine Toto, uzwi mu ndirimbo zirimo "Mayday Rachael", "Adala na ngai", "Nzambe ayokaki mawa" na "Okeyi okomi wapi" yishimiwe cyane muri iki gitaramo
Ubwo Gradine Toto yari ku rubyiniro Lihle Nderu yananiwe kwihangana ajya kumufasha gususurutsa ab'i Rubavu
Ubundi icyaka nicyo kibi, iyo wabashije kucyica urizihirwa
Hari igihe umuziki uryohana abawukunda kwifata bikanga
Ubwitabire bwari hejuru mu bakunzi b'umuziki bari bakoraniye ahitwa Nengo Eden Park
I Rubavu habereye ibitaramo byo gususurutsa abakunzi b'umuziki
Imbyino zigezweho mu rubyiruko zari ziganje muri iki gitaramo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages