Ni amakuru IGIHE ikesha Philbert Kwizera, Umuyobozi wa KAL PRIME Group Ltd iri gutegurira ibi bitaramo bya Meddy wavuze ko habayemo impinduka Patient Bizimana na Serge Iyamuremye bakazakorana mu bihe biri imbere.
Ati “Harimo impinduka kuko Patient Bizimana na Serge Iyamuremye byabaye ngombwa ko tuzakorana umwaka utaha nko muri Mutarama 2025.”
Kugeza ubu Kwizera yavuze ko Meddy azaba akorana na Adrien Misigaro na Gentil Misigaro ndetse n’umuhanzi na Uwizeye Willy ukomoka i Burundi.
Ibi bitaramo byitezwe ko bizahera mu Mujyi wa Montreal ku wa 14 Ukuboza 2024, mbere y’uko ku wa 15 Ukuboza bikomereza mu Mujyi wa Toronto naho ku wa 21 Ukuboza 2024 bikazakomereza mu Mujyi wa Ottawa, aho kuba ku wa 22 Ukuboza 2024 nk’uko byari byatangajwe mbere.
Ni mu gihe ibindi bitaramo biteganyijwe kubera mu mijyi nka Vancouver na Edmond byo amatariki yabyo ataratangazwa.
Meddy yaherukaga gukorera igitaramo nk’iki muri Leta ya Maine mu Mujyi wa Portland mu mpera za Nzeri 2024.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!