00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Impinduka eshatu zabaye kuri Oxygen nyuma yo gushakana na Khalfan

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 20 November 2025 saa 09:50
Yasuwe :

Oxygen umugore wa Khalfan bamaze igihe babana, yahishuye ibintu bitatu bikomeye yahindutseho nyuma yo gushaka umugabo ndetse n’inama yagiriwe na Nyirabukwe amuha n’isezerano rikomeye.

Uyu mugore yavuze ko yararetse inzoga no kujya mu tubari, kuri ubu akaba yaratangiye urugendo rwo gukizwa no gushaka itorero azajya asengeramo bikiyongeraho gukora ku myambarire ye.

Ati “Hari ibyo mabukwe yansabye kandi ngomba kubahiriza, yansabye kuba umukristo nkagira n’idini, ngomba kubyubahiriza. Nawe nkeka ko abona ko nahindutse cyane, nk’imyambarire narahindutse pe. N’imyitwarire, mbere nabaga nagiye kunywa inzoga mu kabari ariko ubu narabiretse.”

Oxygen yabwiye IGIHE ko Khalfan ari mu myiteguro yo kujya i Rubavu kwirega iwabo kuko babana batarakoze ubukwe.

Umuhango wo kwirega uteganyijwe ku wa 29 Ugushyingo 2025 nkuko umubyeyi wa Khalfan yabitubwiye muri iki kiganiro, nyuma yawo bakazanahita bakurikizaho indi mihango y’ubukwe.

Khalfan na Oxygen basanzwe bose ari abahanzi n’abakinnyi ba filimi, bamaze igihe biyemeje kubana nubwo batahise bihutira gukora ubukwe.

Oxygen na Khalfan bari mu myiteguro y'ubukwe, barateganya kujya kwirega iwabo w'uyu mukobwa
Oxygen ahamya ko ku bwa Nyirabukwe hari impinduka nyinshi zaje mu buzima bwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages