Umwe mu bateguraga iki gitaramo waganiriye na IGIHE yavuze ko iki cyemezo cyafashwe nyuma yo kuganira n’abafatanyabikorwa batandukanye.
Ati “Twari twatekereje gukora igitaramo i Rubavu ariko abafatanyabikorwa bacu badusabye kenshi ko twabihindura bikaba ibitaramo bizenguruka igihugu, kugeza ubu turifuza gukore mu Ntara eshanu z’igihugu. Rero biradusaba kurushaho kwitegura ari nayo mpamvu twimuye amatariki.”
Mu itangazo ryashyizwe hanze, abari gutegura iki gitaramo bamenyesheje abagombaga kucyitabira baguze amatike ko bazahamagarwa bagahitamo gusubizwa amafaranga cyangwa kugumana amatike bakazayakoresha.
Israel Mbonyi yari agiye gukora iki gitaramo mu gihe aherutse gukorera amateka muri BK Arena ku wa 25 Ukuboza 2025.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!