00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Imbamutima za Saranda uherutse gutsindira igihembo cy’urubyiruko rufite umushinga mwiza muri EAC

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 20 February 2025 saa 04:51
Yasuwe :

Mu mpera z’umwaka ushize Saranda yegukanye igihembo mu nama ihuza urubyiruko rwo muri Afurika y’Iburasirazuba rwitegura kuzavamo abayobozi ‘Young African Leaders Initiative’, abikesha umushinga we ‘Therapoetry’.

Iyi nama ihuza urubyiruko ruturuka mu bihugu bitandukanye yabereye muri Kenya mu Ugushyingo 2024, aha hakaba ariho Saranda yavuye amwenyura nyuma yo kwegukana igihembo cy’ufite mushinga mwiza.

Ibi Saranda yabigarutseho mu kiganiro cyihariye yagiranye na IGIHE, aho yahamije ko aherutse kwegukana igihembo yakuye mu nama ya ‘Young African Leaders Initiative’ yari yitabiriye.

Iki gikorwa cyari cyitabiriwe n’urubyiruko rurenga 100 rwo mu bihugu 14 bya Afurika.

Uyu mukobwa yavuze ko mu kwezi bamaze muri Kenya, bagize umwanya wo gutegura no kugaragaza imishinga bateganya gukora cyangwa basanzwe bakora mu rwego rwo kurushaho guteza imbere sosiyete y’iwabo.

Saranda wari usanzwe ari umusizi, yatanze umushinga yise ‘Therapoetry’ ugamije kwifashisha ubusizi mu gukiza abafite agahinda gakabije.

Nyuma yo kwerekana ko asanzwe ari umusizi unakora ibisigo bisanzwe bifasha benshi, Saranda yegukanye umwanya wa mbere ahabwa impamba izamufasha kwagura umushinga we nubwo yirinze kugaruka ku mubare w’amafaranga bamuhaye.

Aha uyu mukobwa akaba yavuze ko muri iyi minsi ahugiye mu gushaka uko yakwagura uyu mushinga we ari nayo mpamvu usanga abantu benshi batakibona ibisigo bye nkuko byahoze mu minsi ishize.

Uretse ubusizi, Saranda asanzwe ari umukinnyi wa filime uzwi cyane muri ‘The Scret’ na ‘Indoto’ zamugize ikimenyabose.

Saranda aherutse kwegukana igihembo cy’urubyiruko rufite umushinga mwiza muri Afurika y’Iburasirazuba

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .